• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Sosiyete y’itumanaho ya mbere mu Rwanda, MTN Rwanda, yatangaje ko yagize umusaruro ushimishije mu gihembwe cya mbere cya 2026, aho amafaranga yinjije yiyongereye cyane ndetse n’inyungu yayo ikazamuka ku rugero rugaragara. Ibi byagaragaje uburyo uru rwego rw’itumanaho n’ikoranabuhanga rikomeje gutera imbere mu Rwanda, rufashwa n’izamuka ry’abakoresha internet, serivisi za Mobile Money ndetse n’ikorwa ry’udushya mu rwego rwa fintech.

Mu mibare yashyizwe hanze n’iyi sosiyete, amafaranga yinjijwe mu bikorwa byayo yazamutseho 21.2% ugereranyije n’igihembwe nk’iki cyo mu mwaka ushize, agera kuri miliyari 81.4 Frw. Inyungu nyuma yo gukuramo imisoro na yo yazamutse ku kigero cya 466.6%, igera kuri miliyari 8.3 Frw.

MTN Rwanda yavuze ko izi mpinduka nziza zatewe n’imikorere ihamye, kwiyongera kw’abakiliya ndetse n’uburyo u Rwanda rukomeje gushyiraho amategeko n’imiyoborere bifasha ishoramari mu ikoranabuhanga n’ubukungu bushingiye kuri internet.

Abakiliya ba MTN Rwanda bakomeje kwiyongera, aho bageze kuri miliyoni 8.4 nyuma yo kuzamukaho 10.6%. Abakoresha internet bageze kuri miliyoni 2.7 biyongereyeho 19.6%, mu gihe abakoresha Mobile Money nibura rimwe mu kwezi bageze kuri miliyoni 6.3, bivuze izamuka rya 20.5%.

Iyi mibare igaragaza uburyo abaturage benshi bakomeje kugana serivisi z’ikoranabuhanga mu bikorwa bya buri munsi, haba mu guhamagara, gukoresha internet no kohereza amafaranga hakoreshejwe telefoni.

Amafaranga ava kuri internet yiyongereyeho 10.7%, cyane cyane bitewe n’uko ikoreshwa rya internet ryazamutseho 64.7%, abantu benshi bakomeza kwimukira ku muyoboro wa 4G ndetse n’umubare w’abakoresha smartphones wakomeje kuzamuka ukagera kuri 44.9%.

Serivisi zo guhamagara na zo zakomeje kwinjiriza iyi sosiyete amafaranga menshi, aho ziyongereyeho 8.2%. MTN Rwanda yavuze ko ibi byafashijwe no kongera gushyiraho ibiciro bya “mobile termination rates”, icyemezo cyafashije kugarura uburinganire mu mikoranire y’ibigo by’itumanaho.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Monzer Ali, yavuze ko uburyo u Rwanda ruyobora ndetse n’amategeko arugenga ari amahirwe akomeye ku bigo bikora mu ikoranabuhanga.

Yagize ati: “Imiyoborere n’amategeko by’u Rwanda ni amahirwe akomeye ku gihugu ndetse no ku bigo nka MTN Rwanda. Kuba hari umurongo usobanutse ugamije kugeza serivisi z’ikoranabuhanga kuri buri Munyarwanda bituma dufata ibyemezo by’ishoramari twizeye ejo hazaza.”

Yakomeje avuga ko ibyo byafashije MTN Rwanda gukomeza guhanga udushya, gutanga serivisi nziza no kubaka umuyoboro wizewe, ibintu byagaragaye muri ibi bisubizo byiza byagezweho.

MTN Rwanda yatangaje kandi ko inyungu mbere yo gukuramo inyungu ku nguzanyo, imisoro n’ibindi (EBITDA) yazamutseho 32.8% igera kuri miliyari 34 Frw. Inyungu ku bikorwa byayo na yo yazamutseho amanota 3.5%, igera kuri 41.5%.

Mu rwego rwo gukomeza kunoza serivisi, iyi sosiyete yashoye miliyari 11.2 Frw mu kwagura no kuvugurura umuyoboro wayo, hagamijwe kongera ubuziranenge bwa serivisi no kugeza internet n’itumanaho ryizewe mu bice byinshi by’igihugu.

Serivisi za Mobile Money zakomeje kuba inkingi ya mwamba mu kwinjiriza MTN Rwanda amafaranga, aho zinjije 52.7% by’amafaranga yose yinjijwe n’isosiyete. Amafaranga ava muri uru rwego yiyongereyeho 30.2%.

Uku kuzamuka kwatewe n’ubwiyongere bw’abakoresha serivisi z’imari zigezweho ndetse no gukomeza kwagura urusobe rwa Mobile Money. Kugeza ubu, abakoresha Mobile Money bangana na 75.2% by’abakiliya bose ba MTN Rwanda.

Ibikorwa bikorerwa kuri uru rubuga na byo byiyongereyeho 30.5% muri iki gihembwe. MTN Rwanda yavuze ko ibi bigaragaza uburyo Abanyarwanda n’abacuruzi bagenda barushaho gukoresha uburyo bwo kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga kuko buborohera kandi bukabafasha mu buzima bwa buri munsi.

Abakoresha MoMoPay barenga miliyoni 4, ibintu MTN ivuga ko bigaragaza ko Mobile Money iri kugenda iba umufatanyabikorwa nyakuri mu bijyanye n’imari ku Banyarwanda benshi.

Muri iki gihembwe kandi, Mobile Money Rwanda Limited yatangije serivisi nshya y’inguzanyo yiswe “MoFlex” ku bufatanye na Ecobank Rwanda Plc na Yabx. Iyi serivisi igamije korohereza abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo kubona inguzanyo mu buryo bworoshye kandi bwihuse.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda, Chantal U Kagame, yavuze ko icyizere abakiliya bagirira MoMo ari cyo gikomeje gutuma ibikorwa byayo byaguka.

Yagize ati: “Uretse kwishyurana, turi gukomeza korohereza Abanyarwanda kubona serivisi z’imari, gufasha ubucuruzi no gutanga ibisubizo bifasha buri wese. MoFlex ni urugero rwiza rw’icyo dushaka kugeraho.”

Yakomeje avuga ko uburyo u Rwanda rushyigikira udushya mu rwego rwa fintech butuma bakomeza gutekereza ku bisubizo bishya bigamije guteza imbere ubwisungane mu by’imari.

Mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’u Rwanda yo guteza imbere ikoranabuhanga, MTN Rwanda yasinyanye amasezerano y’imikoranire na Minisiteri y’Uburezi agamije kureba uburyo ibisubizo by’ikoranabuhanga byafasha guteza imbere urwego rw’uburezi.

Muri ayo masezerano harimo gahunda yiswe “Digital Skills for Digital Jobs” yashyizwe muri MTN Skills Academy, izajya itanga amasomo arenga 500 ku buntu ajyanye n’ubumenyi mu ikoranabuhanga, isesengura ry’amakuru ndetse n’ubushobozi mu by’imari.

MTN Rwanda yavuze ko yinjiye mu gice gisigaye cya 2026 ifite icyizere cyo gukomeza kongera abakiliya n’amafaranga yinjiza, kwagura serivisi za Mobile Money no gukomeza gushora imari mu bikorwa by’ikoranabuhanga.

Iyi sosiyete yavuze ko intego yayo ari ugukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda rishingiye ku ikoranabuhanga, binyuze mu gutanga serivisi zinoze, guteza imbere ubucuruzi bushingiye kuri internet no korohereza Abanyarwanda kubona serivisi z’imari zigezweho.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments