Umudepite wo muri Ghana, Kwame Ohene Frimpong, yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Schiphol i Amsterdam mu Pays-Bas, nk’uko byatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana.
Uyu mudepite
uhagarariye agace ka Asante Akyem North yafashwe n’inzego z’umutekano zo mu
Buholandi mu rwego rw’iperereza rifitanye isano n’urwego rw’ubugenzacyaha rwa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FBI.
Amakuru
aturuka hafi y’iperereza avuga ko Kwame Ohene Frimpong akekwaho uruhare mu kunyereza
amafaranga no gukora uburiganya bwo ku mbuga nkoranyambaga buzwi nka “romance
scams”
Ayo makuru
avuga ko amafaranga ashobora kuba yaranyerejwe agera kuri miliyoni 32
z’amadolari y’Amerika.
Icyakora,
kugeza ubu inzego z’u Buholandi cyangwa FBI ntibiratangaza ku mugaragaro ibyo
birego.
Mu itangazo
rigufi ryashyizwe hanze, Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yavuze ko yamaze
kumenyeshwa ifatwa ry’uyu mudepite kandi iri gushaka amakuru arambuye ku
byabaye.
Iryo tangazo
ryashyizweho umukono na greffier w’Inteko, Ebenezer Ahumah Djietror, rivuga ko
Perezida w’Inteko ndetse n’abayobozi bayo bari kuvugana na ambasade ya Ghana i
La Haye kugira ngo hakurikiranwe icyo kibazo.
Abategetsi
ba Ghana bavuga ko bashaka kumenya niba hari ibyaha byamaze kuregwa uyu
mudepite ,impamvu nyakuri y’urugendo rwe mu Buholandi ndetse niba yari yagiye
mu kazi ka Leta cyangwa ku mpamvu ze bwite
Kugeza ubu
nta makuru aratangazwa kuri ibyo bibazo.
Ifatwa rya Kwame
Ohene Frimpong ryakuruye impaka nyinshi muri Ghana, aho abaturage
n’abanyapolitiki bamwe basaba ko habaho gukorera mu mucyo muri iri perereza.
Hari abasaba
ko Leta ya Ghana itanga ibisobanuro birambuye n’inzego z’u Buholandi
zikagaragaza ibyo aregwa ndetse hakubahirizwa uburenganzira bwe mu gihe
iperereza rigikomeje
Inteko
Ishinga Amategeko ya Ghana yavuze ko andi makuru azatangazwa uko iperereza
rizagenda ritera imbere.
Abasesenguzi
bavuga ko niba ibimenyetso bifatika bibonetse, bishobora gutuma habaho
ubufatanye hagati ya Ubuholandi ,Amerika na
Ghana mu gukurikirana uru rubanza.
Ifatwa
ry’umudepite Kwame Ohene Frimpong mu mu buholandi rikomeje gukurikirwa cyane
muri Ghana no hanze yayo.
Mu gihe
iperereza rifitanye isano na FBI rigikomeje, abaturage benshi bategereje
kumenya niba uyu mudepite azagezwa imbere y’ubutabera cyangwa niba hari ibindi
bisobanuro bizatangwa ku byaha akekwaho.
Like This Post? Related Posts