Perezida wa
Guinée-Conakry General Mamadi Doumbouya na Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire,
Robert Beugré Mambé bageze mu Rwanda aho bitabiriye inama ihuza abayobozi
b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika
ndetse no hirya no hino ku Isi, izwi nka ‘Africa CEO Forum
Perezida wa
Guinée-Conakry, Mamadi Doumbouya na we yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa
12 Gicurasi. Yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, wari
uherekejwe n’abayobozi barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh
Muganga, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, Meya
w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel n’abandi.
Robert
Beugré Mambé ni umwe mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bemeje ko bazitabira
Africa CEO Forum iteganyijwe kuva ku wa 14-15 Gicurasi 2026 muri Kigali
Convention Centre.
Ubwo yari
ageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, ku wa 12 Gicurasi 2026,
yakiriwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu,
Jean-Damascène Bizimana
Africa CEO
Forum ni inama izenguruka mu bihugu bya Afurika. U Rwanda rugiye kuyakira ku
nshuro ya gatatu kuko ku nshuro ya mbere rwayakiriye mu 2019, rwongera kuyakira
mu 2024.
Itegurwa
n’ikigo Jeune Afrique Media Group gifite ikinyamakuru Jeune Afrique,
gifatanyije na Sosiyete y’Abasuwisi, Rainbow Unlimited izobereye mu gutegura
inama zikomeye zijyanye n’ubukungu.
Ni inama
mpuzamahanga ihuriza hamwe abavuga rikumvikana mu rwego rw’abikorera muri
Afurika barimo abacuruzi bakomeye, abayobozi b’ibigo, abashoramari n’abandi.