• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda  Gen Mk Mubarakh  yakiriye intumwa zigizwe n’abasirikare 15 n’abarimu babo baturutse muri Ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria  aho bari mu rugendoshuri rw’iminsi itandatu rugamije kwiga ku buryo u Rwanda rwakoresheje ubukerarugendo bushingiye ku bidukikije, imiyoborere myiza n’umutekano mu kubaka igihugu no guteza imbere ubukungu.

Uyu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cya RDF i Kimihurura, aho abayobozi b’impande zombi bagaragaje ubushake bwo gukomeza gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, cyane cyane mu mahugurwa, uburezi bwa gisirikare no gusangizanya ubunararibonye.

Iri tsinda ry’abasirikare bo muri Nigeria ryaje mu Rwanda mu gihe igihugu gikomeje kumenyekana nk’icyitegererezo mu:kwiyubaka nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ,kubaka umutekano urambye,guteza imbere ubukerarugendo no gukoresha imiyoborere myiza nk’umusingi w’iterambere

Abayobozi bo muri  iryo shuri rikuru  rya Nigeria bavuze ko bahisemo u Rwanda kubera urugendo rudasanzwe rwakoze rwo kuva mu bihe bikomeye rukaba igihugu gifite ituze, isuku, umutekano n’ubukungu buri kuzamuka.



Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yakiriye aba bashyitsi anabashimira kuba barahisemo u Rwanda nk’ahantu ho gukorera uru rugendoshuri.

Mu ijambo rye, yavuze ko ubufatanye hagati ya RDF n’ingabo za Nigeria bumaze igihe kandi bukomeje gutanga umusaruro mwiza cyane cyane mu kongerera ubushobozi abasirikare kubaha amahugurwa ,uburezi bwa gisirikare no gusangizanya ubunararibonye mu mutekano

Yagize ati: “Ndashaka kongera gushimangira ubushake bwa RDF bwo gukomeza guteza imbere ubufatanye dusanganywe n’Ingabo za Nigeria, cyane cyane binyuze mu mahugurwa, uburezi n’ikorwa rya gahunda zo gusangizanya ubunararibonye.”

Gen Mubarakh yavuze kandi ko ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu guhangana n’ibibazo by’umutekano n’iterambere bikomeje kugaragara ku mugabane.

Intego nyamukuru y’uru rugendoshuri ni ugusobanukirwa uburyo u Rwanda rwakoresheje ubukerarugendo bushingiye ku bidukikije (ecotourism) nk’imwe mu nkingi z’iterambere ry’ubukungu.

Mu myaka yashize, u Rwanda rwashoye imari nyinshi mu kubungabunga pariki n’inyamaswa ,guteza imbere ibikorwa by’ubukerarugendo ,kurengera ibidukikije no guha abaturage uruhare mu bikorwa by’iterambere

Ibi byafashije igihugu: kongera amafaranga ava mu bukerarugendo ,kuzamura imibereho y’abaturage no gukomeza kubungabunga umutungo kamere

Abashyitsi bo muri Nigeria barimo kwiga uko izi gahunda zahujwe n’imiyoborere myiza n’umutekano kugira ngo bitange umusaruro.

Mu biganiro bahawe, iri tsinda ryasobanuriwe urugendo rwa RDF  nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bagaragarijwe uko RDF yagiye yubaka ubushobozi bwayo ,uruhare rwayo mu kubungabunga umutekano  n’ibikorwa byo gufasha abaturage ndetse n’uruhare rw’ingabo mu kubaka igihugu nyuma y’intambara

Abitabiriye uru rugendoshuri bagaragaje ko bishimiye uburyo u Rwanda rwashoboye guhindura amateka yarwo rukaba igihugu gifite icyizere cy’ejo hazaza.

Mu rwego rwo gusobanukirwa amateka y’u Rwanda, iri tsinda ryasuye Urwubutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali   ndetse  n’Ingoro  y’urugamba  rwo guhagarika Jenoside ,aho basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, uburyo yahagaritswe ndetse n’urugendo rwo kongera kubaka igihugu nyuma yayo.

Bamwe mu bari muri iri tsinda bagaragaje ko basizwe n’amasomo akomeye ku kamaro k’ubuyobozi bwiza, ubumwe n’ubwiyunge mu kubaka igihugu kirambye.

Umuyobozi w’iri tsinda, Commodore Ebo Adegoke Timothy, yashimiye RDF n’u Rwanda muri rusange ku rugendo rwiza igihugu kimaze gukora.

Yavuze ko uru rugendoshuri rwafashije abanyeshuri gusobanukirwa politiki z’u Rwanda ndetse kwiga ku ngamba z’iterambere igihugu cyashyizeho no kubona uburyo umutekano ushobora kuba umusingi w’iterambere ry’ubukungu

Yanashimye abayobozi ba RDF ku buryo bakiriye neza iri tsinda ndetse no ku bumenyi bakomeje gusangiza abanyeshuri.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments