Umukinnyi wa
Ethiopia usiganwa intera ndende, Yebrgual Melese, yapfuye ku myaka 36 nyuma yo
gufatwa n'indwara itunguranye ubwo yari mu myitozo isanzwe ku wa kabiri, nk’uko
byatangajwe n’ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri rya Ethiopia.
Melese,
wegukanye amasiganwa ya marathon yabereye i Houston, Prague na Shanghai, yari
ari kwitegura isiganwa ryagombaga kubera i Ottawa muri Canada ku wa 24
Gicurasi(5).
Ibinyamakuru
muri icyo gihugu bivuga ko yagize uburwayi butunguranye mu aho yari ari kwitoreza
mu murwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa.
Yahise
ajyanwa kwa muganga ariko aza gupfa nubwo abaganga bari bakoze ibishoboka byose
kugira ngo bamutabare.
Nta yandi
makuru arambuye aratangazwa ku cyateye urupfu rwe.
Ishyirahamwe
ry’imikino ngororamubiri rya Ethiopia ryagize riti: “Turababajwe cyane n’urupfu
rutunguranye rw’uyu mukinnyi w’intwari kandi twihanganishije umuryango we,
inshuti ze ndetse n’abafana be.”
Isiganwa rya
nyuma Melese yari aherutse kwitabira ryabereye i Beijing umwaka ushize muri Gicurasi(5),
ariko ntiyarirangije.
Icyo
yagezeho cyiza muri rimwe mu marushanwa arindwi akomeye ya World Marathon
Majors ni mu 2015, umwaka yanatsinzemo amasiganwa yabereye i Houston na Prague
ari nabwo yabaga uwa kabiri muri Chicago Marathon.