• Imikino / FOOTBALL

 

 Basketball Africa League n’umuryango udaharanira inyungu wa Qatar Foundation, ushyigikira iterambere ry’abaturage binyuze muri gahunda zishingiye ku burezi, ubushakashatsi n’udushya, ndetse n’iterambere ry’abaturage, batangaje ubufatanye bw’igihe kirekire buzagira Qatar Foundation umufatanyabikorwa wa mbere wa BAL mu bikorwa by’imibereho myiza y’abaturage.

Ubu bufatanye buri koroherezwa na Qatar Sports Investments, aho Qatar Foundation izashyigikira ibikorwa bya BAL bigamije guteza imbere imibereho myiza no kurushaho korohereza Abanyafurika kugera ku mukino wa Basketball.

Mu bikorwa biteganyijwe harimo kuvugurura ibibuga bya Basketball mu rwego rwa gahunda nini ya NBA Africa yo kubaka ibibuga 1,000 bya Basketball hirya no hino ku mugabane wa Afurika. Hari kandi no gushyigikira gahunda ya BAL4HER, igamije guteza imbere uburinganire hagati y’abagore n’abagabo mu rwego rwa siporo muri Afurika.

Muri ubu bufatanye kandi, Qatar Foundation izaba umuterankunga mukuru w’igihembo cya Ubuntu Trophy gitangwa buri mwaka n’iri rushanwa rya BAL ku mukinnyi wagize uruhare rugaragara mu gufasha abaturage no kugira ibikorwa byiza mu muryango mugari mu gihe cya shampiyona.

Ikirango cya Qatar Foundation kizajya kandi kigaragara inyuma ku myambaro y’amakipe yose akina imikino ya BAL.

Visi Perezida wa Qatar Foundation, Sheikha Hind bint Hamad Al Thani, yavuze ko uyu muryango wemera ko imbaraga nyakuri z’igihugu zishingira ku mibereho myiza n’ubushobozi bw’abaturage bacyo.

Yagize ati: “Tubona siporo nk’imwe mu ntwaro zikomeye zishobora kuzana impinduka nziza. Siporo si uburyo bwo gukora imyitozo ngororamubiri gusa, ahubwo ni inzira yo guteza imbere ubuzima bwiza, kubaka imiryango ikomeye no guteza imbere sosiyete zirambye.”

Yakomeje avuga ko siporo ihuza abantu bafite inkomoko zitandukanye kandi igafasha kubaka umuryango ushingiye ku ntego imwe.

Perezida wa Basketball Africa League, Amadou Gallo Fall, yavuze ko Qatar Foundation isangiye na BAL intego yo gufasha urubyiruko, abafana ndetse n’abaturage bashyigikira iri rushanwa umwaka wose.

Yagize ati: “Ubu bufatanye buzafasha gukomeza gahunda zacu z’imibereho myiza zikoresha imbaraga za Basketball mu guhindura ubuzima bw’abantu hirya no hino muri Afurika.”

Guhera muri uyu mwaka w’imikino, Qatar Foundation yatangiye gushyigikira gahunda ya BAL4HER Power Hours muri buri mujyi wakiriye imikino ya BAL. Iyo gahunda ihuza abakobwa n’abagore bato bashaka gukora mu rwego rwa siporo n’abayobozi bakomeye ndetse n’inzobere muri uru rwego, hagamijwe kubafasha kubaka umuyoboro w’akazi, kunguka ubunararibonye no guteza imbere imyuga yabo.

Ubu bufatanye bunubakira ku bikorwa byinshi Qatar Foundation isanzwe ikora mu gukoresha siporo nk’igikoresho cy’iterambere ry’abaturage ku bufatanye na Qatar Sports Investments, ikigo gikomeye gishora imari muri siporo, imyidagaduro, umuco n’imibereho.

Qatar Foundation isanzwe inashyigikira gahunda zo guteza imbere siporo muri Afurika no mu bindi bice by’Isi, cyane cyane izifasha abagore n’abakobwa kugira uruhare runini muri siporo.

Shampiyona ya BAL ya 2026 yahuje amakipe 12 akomeye aturuka mu bihugu 12 bya Afurika, yakinnye imikino 42 mu byiciro bitandukanye byabereye muri Pretoria muri South Africa, Rabat muri Morocco ndetse n’imikino ya kamarampaka n’iya nyuma izabera muri BK Arena i Kigali mu Rwanda kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

Amakipe umunani yamaze kubona itike ya kamarampaka ya BAL 2026 harimo Petro de Luanda yo muri Angola, Al Ahly yo muri Misiri, RSSB Tigers yo mu Rwanda, Club Africain yo muri Tunisia, Al Ahly Ly yo muri Libya, FUS Rabat yo muri Maroc, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal ndetse na Dar City yo muri Tanzania.

Ku mukino ufungura kamarampaka uzaba ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi, Al Ahly izacakirana na ASC Ville de Dakar saa kumi z’umugoroba ku isaha yo muri Afurika yo hagati, mbere y’uko RSSB Tigers ihura na FUS Rabat saa moya z’ijoro.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments