• Amakuru / POLITIKI

Ku gicamunsi cyo  kuri  uyu wa Gatanu  Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Édouard Ngirente, yakiriye mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Robert Beugré Mambé, uri mu Rwanda mu rwego rwo kwitabira Africa CEO Forum 2026 iri kubera i Kigali.

Iyi nama ihuza abayobozi b’ibigo bikomeye, abafata ibyemezo muri za Guverinoma, ndetse n’abashoramari batandukanye bo hirya no hino ku mugabane wa Afurika no ku Isi. Yibanda ku buryo bwo guteza imbere ubukungu bwa Afurika binyuze mu bufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera.

Mu biganiro byahuje aba bayobozi bombi, hibanzwe cyane ku gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Côte d’Ivoire, hagamijwe guteza imbere ubufatanye mu nzego zitandukanye zifatiye runini abaturage b’ibihugu byombi.

Bimwe mu byagarutsweho harimo ubufatanye mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga, ubuhinzi, ubwikorezi ndetse n’iterambere ry’urubyiruko.

Impande zombi zagaragaje ubushake bwo gukomeza gukorana bya hafi kugira ngo ibihugu byombi bibashe kungukira mu mahirwe ari ku mugabane wa Afurika.

U Rwanda na Côte d’Ivoire bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku guteza imbere ubukungu, imiyoborere myiza no guteza imbere ubufatanye bw’Afurika.

Mu myaka yashize, ibihugu byombi byagiye bigirana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye, ibintu byafashije mu guteza imbere ibikorwa by’ishoramari n’ubuhahirane.

Kwitabira kwa Minisitiri w’Intebe Robert Beugré Mambé muri iyi nama ya Africa CEO Forum 2026 bishimangira uruhare Côte d’Ivoire ikomeje kugira mu guteza imbere ubufatanye bw’ubukungu ku mugabane wa Afurika, cyane cyane binyuze mu nama zihuza inzego za Leta n’abikorera.

Africa CEO Forum ikomeje kuba imwe mu nama zikomeye ku mugabane wa Afurika, aho abayitabira baganira ku mahirwe y’ishoramari, imbogamizi z’ubukungu ndetse n’ingamba zo kwihutisha iterambere rirambye ry’Afurika.

Minisitiri Dr. Nsengiyumva aheruka kugirira uruzinduko rw’akazi muri Côte d’Ivoire mu mpera za 2025 aho yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Alassane Ouattara.




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments