• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Uwahawe Igihembo cy’Amahoro cya Nobel mu 2018, Denis Mukwege, yanenze amagambo ya Perezida wa RDC wavuze ko amatora atazashobora kuba mu gihe intambara ikomeje mu Burasirazuba bw’igihugu (mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo n'Amajyaruguru).

Mu kiganiro yagiranye na Africanews, uyu muganga w’inzobere mu kuvura indwara z’abagore yavuze ko niba Perezida Félix Tshisekedi avuga ko amatora ya 2028 adashobora kuba kubera ko intara za Nord-Kivu na Sud-Kivu ziri mu ntambara, na referandumu (kamparamaka) yo guhindura Itegeko Nshinga ikwiye gutegereza kugeza igihe amahoro azagarukira muri izo ntara.

Mukwege yagize ati: “Aravuga ko amatora adashobora kuba kuko hari intara ebyiri ziri mu ntambara. Niba amatora adashobora gutegurwa kubera iyo mpamvu, na referandumu na yo ntiyakorwa, kuko abaturage bo muri izo ntara ebyiri na bo bagomba kugira ijambo.”

Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwitezweho byinshi mu bufatanye bwagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyane cyane ku bijyanye n’umutekano mu ntara zibasiwe n’ibibazo by’umutekano muke, Mukwege yavuze ko hari “gusahura” umutungo wa RDC.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’amabuye y’agaciro, hari toni zisanzwe zoherezwa, ariko nta mutekano turabona mu gusubiza ibyo dutanga. Byatangiye bavuga ko ari dipolomasi y’inyungu hagati y’impande zombi, ariko ubu bisa no gusahura, kuko twe dutanga ariko ntitubone umutekano twari twizeye.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa 06 Gicurasi 2026, Perezida Tshisekedi yari yavuze ko afite ubushake bwo kurangiza “vuba bishoboka” intambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC, kugira ngo amatora ya 2028 abe, anemeza ko amafaranga yo kuyategura azaboneka.

Yagize ati: “Nimurebe muri Ukraine. Hari hashize imyaka ibiri amatora akwiye kuba yarabaye, ariko isi yose yumvise ko Perezida Volodymyr Zelenskyy atashoboraga kuyategura. Yayategura ate igihugu gifite icyuma ku ijosi?”

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments