Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umufana ukomeye wa Arsenal
yayishimiye nyuma y’uko yegukanye igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka
22.
Ni mu
butumwa Umukuru w’Igihugu yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kabiri nyuma
y’iminota micye Arsenal igeze kuri aya mateka.
Yanditse
ati: "Turashimira Arsenal, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda, kuba
ari we watwaye igikombe cya Premier League nyuma y'umwaka w'imikino ukomeye”.
Arsenal
yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026 nyuma y’uko AFC
Bournemouth inganyije na Manchester City igitego 1-1.
Ni igitego
cya Eli Junior Kroupi ahawe umupira na Adrien Truffert ku munota wa 39 naho
Erling Haaland yishyura ku munota wa 90+5.
Ibi byahise
bituma n'iyo Arsenal yazatsindwa umukino wo ku munsi wa nyuma n’ubundi yasoreza
ku mwanya wa mbere.
Kuri ubu
Arsenal iri ku mwanya wa mbere n’amanota 82 ikaba irusha Manchester City
iyikurikiye amanota ane mu gihe habura umikino umwe ngo shampiyona irangire.
Arsenal
itozwa na Mikel Arteta yaherukaga igikombe cya shampiyona muri 2004. Muri rusange
yahise igira ibikombe 14 bya Premier League mu mateka.
Perezida
Kagame ni umufana wa Arsenal kuva mu 1996, aho avuga ko ayikundira umukino
mwiza ikina yatsinda cyangwa igatsindwa.
Mu 2007 ubwo
Perezida Kagame yizihizaga isabukuru y’imyaka 50 y’amavuko, umutoza Arsene
Wenger [watozaga Arsenal] yamuhaye impano y’idarapo ry’iyi kipe ririho imikono
y’abakinnyi bose mu kumushimira.
Ntabwo ari
ibi gusa kuko n'ikipe ya Arsenal muri 2014 yamugeneye impano ayishyikirizwa na
Tony Adams wahoze ari kapiteni wayo.
Tony Adams
yatangaje ko iyi kipe yamugeneye umupira wo gukina wa Arsenal, imuha imipira
itatu yo kwambara ya Arsenal hariho umwe uriho amazina ye na numero imwe.
Arsenal
ifitanye umubano n’u Rwanda kuko kuva muri Gicurasi 2018 Ikigo cy’Igihugu
cy’Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye bw’imyaka itatu n’iyi kipe ya Arsenal
FC yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko
y’imipira, aho yambara ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso ku ikipe nkuru,
iy’abatarengeje imyaka 23 no mu ikipe y’abagore.
Aya
masezerano azarangirana n’uyu mwaka w’imikino.
Like This Post? Related Posts