• Imyidagaduro / ABAHANZI


 Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko urubanza mu bujurire ku ifunganwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Semuhungu Eric, rushyirwa mu muhezo bitewe n’uko ibivugirwamo birimo ibinyuranyije n’imyitwarire mbonezabupfura no kuba uregwa yagorwa no kuburanira mu ruhame.

Uwo mwanzuro wafatiwe mu iburanisha ku bujurire ryabaye kuri uyu wa 21 Gicurasi 2026 ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ni nyuma y’uko ku itariki 4 Gicuarasi Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwari rwanzuye ko Semuhungu Eric akomeza kuburana afunzwe mu minsi 30 y’agateganyo ariko aza kujuririra icyo cyemezo.

Icyo gihe Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rushingiye ku kuba hari impamvu zikomeye zituma Semuhungu akekwaho ibyaha bibiri muri bitatu yari akurikiranyweho icyakora kimwe cyo kiburirwa ibimenyetso.

Ibyaha byabonewe ibimenyetso bifatika bituma Semuhungu Eric akomeza kubikurikiranwaho afunzwe ni icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’icyo gusakaza amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, mu gihe icyo gukangisha gisenyabanya cyo cyaburiwe ibimenyetso byatuma akomeza kugikurikiranwaho.

Uwo mwanzuro wafashwe icyo gihe ni wo uruhande rwa Semuhungu rwajuririye.

Iburanisha ry’uyu munsi rigitangira, umwe mu bavoka bunganira Semuhungu nyuma yo gusoma imyirondoro y’uregwa no kuyemeranyaho, yahise asaba ko urwo rubanza mu bujurire na rwo rwashyirwa mu muhezo.

Yasabye urwo rukiko ko nk’uko iburanisha ryo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryashyizwe mu muhezo bitewe n’uko ibyarivugiwemo birimo ibinyuranyije n’imyitwarire mbonezabupfura no mu bujurire ari ko byagenda.

Undi wunganira Semuhungu na we yabishimangiye, agaragaza ko bitewe n’imiterere y’ibyaha umukiliya wabo akurikiranyweho basanga byamugora kuburanira mu ruhame yisanzuye mu gihe hari ibyo yaba asabwe gusobanura ndetse na Semuhungu ubwe avuga ko ashaka kuburanira mu muhezo.

Uruhande rw’Ubushinjacyaha rwagaragaje ko kuba urwo rubanza rwashyirwa mu muhezo bisabwe n’ababuranyi nta cyo bitwaye, ariko rusaba urukiko kubisuzuma rukabifataho umwanzuro.

Urukiko na rwo ntirwazuyaje kubyemera rushingiye ku biteganywa n’amategeko ndetse no kuba ababuranyi ubwabo ari bo babyisabiye, rwanzura ko rushyirwa mu muhezo ubwo abari baje kurwumva n’abandi bari bagiye kuburanira muri icyo cyumba bose basabwa gusohoka.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments