Ikipe ya RSSB Tigers yatanze
ibyishimo ku banyarwanda muri BAL imbere ya Perezida Kagame na Madamu itsinda FUS Rabat
Kuri uyu wa
Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026 ni bwo muri BK Arena hatangiye gukinwa iyi
mikino ya nyuma ya BAL 2026. Umukino wabimburiye indi ni uwo Al Ahly yo mu
Misiri yatsinzwemo na AS Ville Dakar yo muri Senegal amanota 93 kuri 90.
Umukino wari
utegerejwe na benshi ni uwa RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda na FUS Rabat
ihagarariye Morocco, ukaba wabaye Saa Moya. Watangiye RSSB Tigers ariyo
iri hejuru dore ko ariyo yaboneje mu nkangara mbere ku manota atatu yakozwe
na Ntore Habimana.
FUS Rabat
yanze guhita isigara inyuma hakiri kare iyakuramo ariko n’ubundi abasore
barimo Teafale Lenard Jr na Ntore Habimana bakomeza gufasha RSSB Tigers
kuba imbere binyuze ku manota yiganjemo abiri bakoraga.
Agace ka
mbere karangiye iyi kipe ihagarariye u Rwanda iyoboye n’amanota 24 kuri 13
ya FUS Rabat yo muri Morocco.
Mu gace ka
kabiri RSSB Tigers yaje yongera ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo n’abarimo
Mangok Mathiang.
FUS Rabat
yaje gutangira urugendo rwo kugabanya ikinyuranyo cy’amanota binyuze ku barimo
Soufiane Kourdou wakoraga amanota yiganjemo abiri.
Igice cya
mbere cyarangiye RSSB Tigers itsinze FUS Rabat amanota 45 kuri 36. Mu
kiruhuko cy’igice cya mbere umuririmbyi Bien-Aime Baraza wanyuze muri
Sauti Sol yataramiye abari baje kureba uyu mukino.
Yaririmbye
indirimbo zitandukanye zirimo “Ayayaah” yakoranye na Element na Joshua
Baraka. Uyu mugabo yanaririmbye izindi ndirimbo zirimo “Suzanna”, “Extra
Pressure” n’izindi.
Mu gace ka
gatatu RSSB Tigers yakomeje gushyiramo cya kinyuranyo cy’amanota ndetse ikomeza
kwitwara neza no mu gace ka Kane ari nako ka nyuma ibifashijwemo n’abarimo
Leonard Craig Randall wari wigaruriye abafana muri BK Arena.
Umukino
warangiye RSSB Tigers itsinze FUS Rabat amanota 95 kuri 72. Leonard Craig
Randall niwe wakoze amanota menshi muri uyu mukino aho yatsinze 38 wenyine.
Imikino ya
nyuma ya BAL 2026 irakomeza ku munsi w'ejo aho Club Africain izakina na Al
Ahly Ly saa Cyenda naho saa Kumi n'ebyiri Petro de Luanda ikine na Dar City
muri BK Arena.