Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cy'amahoro 2026, itsinze Police WFC ibitego 2-0 mu kumukino wa nyuma .
Ikipe ya Rayon Sports WFC yashakaga gutwara igikombe cya 4 muri uyu mwaka w'imikino , kuko yari yatwaye igikombe kiruta ibindi "Super Cup ", itwara igikombe cy'intwali, ndetse n'igikombe cya shampiyona, ni mugihe Police WFC yo yashakaga gutwara igikombe cyayo cya mbere, mu myaka 2 imaze .
Rayon Sports niyo yatangiye umukino isatira cyane , ishaka uko yatsinda igitego hakiri kare , ariko Police WFC ikomeza guhagarara neza mu bwugarizi, ku munota wa 8 umuza wa Police WFC yarabaye izamu rye ku mupira ukomeye wari utewe na Odette Elsie Ngwema, ku munota wa 9 uyu rutahizamu wumunya Gabon , yongeye kubona umupira mwiza wenyine imnere y'izamu adiko awutera hejuru.
Ku munota wa 22 Rayon Sports yafunguye amazamu , ku gitego cyatsinzwe na Odette Elsie Ngwema , ku mupira kwiza yari ahawe na na Emeline Mukagatete, Rayon Sports yakomeje gushaka igitego cya 2 , Police WFC nayo ishaka uko yakwishyura , gusa igice cya mbere kirangira nta gihindutse , Rayon Sports WFC iyoboye umukino n'igitego 1-0 bwa Police WFC.
Rayon Sports yagaragaraga nk'iyiteguye kurusha Police WFC
Igice cya 2 Police WFC yagitangiye isatira cyane ishaka kwishyura ,ariko Rayon Sports WFC ihagarara neza mu bwugarizi, ndetse nayo itangira kongera gusubira mu mukino isatira, ku munota wa 61 Police WFC yabonye uburyo bwiza imbere y'izamu ariko babupfusha ubusa, ku munota wa 80 Uwihirwe Regine yahinduye umupira mwiza imbere y'izamu, maze Umwali Uwase Dudja atsinda igitego cya 2 cya Rayon Sports WFC.
Ikipe ya Rayon Sports ikimara kubona igitego cya 2 , yahise itangira gukontorora umukino kugirango iminota irangire , kuko yari yamaze kwizera intsinzi, umukino unarangira Rayon Sports itsinze ibitego 2-0, yegukana igikombe cy'amahoro.