• Imikino / FOOTBALL
Abafana b'Ikipe ya Arsenal mu Rwanda babishaka bazahurira ahazwi nka Paddock Lounge mu Karere ka Kicukiro mu gikorwa cyo  kwishimira igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza iyi kipe iherutse kwegukana.

Ni igikorwa kizaba ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, kuva saa cyenda z'umugoroba mu kiswe 'Arsenal Celebration Day'.

Ni ibirori bizabera mu kabari kazwi nka Paddock Lounge, bikazaba birimo n'abavangamiziki (DJs) barimo DJ Crush, Judy, Dj Jassa n'abandi.

Hagabanyijwe ibiciro kandi ku bifuza kuzaba bishimira kurya banareba ikipe ya Arsenal ishyikirizwa igikombe cya Shampiyona.

Mu korohereza abafana na Arsenal, ibidari bibiri byashizwe ku mafaranga 50,000, amafi abiri ku mafaranga 45,000 ndetse n'umuceri wo mu bwoko bw'ipilawu urimo inkoko ushyirwa ku mafaranga 45,000.

Ikipe ya Arsenal iheruka gutwara igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya mbere mu Bwongereza ( Premier League) nyuma y'uko Manchester City yari inganyije 1-1 na AFC Bournemouth.

Iki gikombe Arsenal yatwaye nyuma y'imyaka 22, izagishyikirizwa ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, nyuma y'umukino uzayihuza na Crystal Palace saa kumi n'imwe z'umugoroba.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments