• Imikino / FOOTBALL

Kuri  uyu  wa  gatatu tariki ya 03 Kamena 2026  mu karere ka Kicukiro mu murenge wa  Kagarama habereye umukino wahuje abana b’abanyehuri biga mu kigo cy’amashuri cya ‘Good Haven International School bakinnye imikino ya gicuti nna New Life School  aho abana  bishimiye uwo  mwanya  wo kwishimana bakanakora siporo .

Ubuyobozi bw’icyo kigo  ubwo bwateguraga iyo mikibo bwadutangarije k bwari bufite gahunda yo gufasha abana  biga ku kigo cyabo kwiga neza ndetse no  guteza imbere uburezi  bwiza .

Nkuko  umuyobozi wa ‘Good Haven International School bwakomeje bubitangaza iyo  mikino yari  igamije gufasha abana abana kuruhuka mu  no  kwishimana na bagenzi babo bo mu bindi bigo bitandukanye

Ikindi cyari kigamijwe kandi muri iyi mikino, kwari uguhuza abana bakamenyana kugira ngo bubake umubano uhoraho hagati yabo ndetse n’abarezi b’ibigo byombi.

Iyi mikino yarangiye ‘Good Haven International School’ itsinze ‘New Life School’ amanota 40-35 muri Basketball yakinwe n’abakobwa mu gihe no muri ruhago ‘New Life School’ yatsinzwe ibitego 5-0 mu bahungu.

Nyuma y’iyi mikino yari yitabiriwe n’ababyeyi barerera muri ibi bigo, abarezi b’ibigo byombi, ubuyobozi bwa ‘Good Haven International School’, bwavuze ko bugiye gushyira imbaraga mu mikino kugira ngo abana bajyanishe kwiga no kubyaza umusaruro impano zindi baba bifitemo mu mikino.

Ubuyobozi bwakomeje buvuga ko bwari ubwa mbere muri iki Kigo habera imikino, ariko ko biteguye gukomeza gufasha abana kugira ngo bijye bihoraho.

Abateye imbere muri no mu yindi mikino, bahamya ko guhera mu bakiri bato ari wo musingi wo kugera ku Iterambere ry’imikino yose ibaho ku Isi ariko by’umwihariko umupira w’amaguru.

Ubusanzwe ikigo  cya ‘Good Haven International School gifite ibyiciro bibiri  aribyo  amashuri y’incuke n’abanza  kikaba cyaratangiye yashinzwe mu mwaka wa 2012 ku izina rya Good Harvest Nursery and Primary School. Mu mwaka wa 2023 ryahinduye ubuyobozi ndetse rihindurirwa izina riba Good Haven International School rifite abanyeshuri bagera kuri 420, abarimu 14 bemewe, ndetse n’amashuri (classes) 20. Rikaba riherereye mu Murenge wa Kagarama mu karere ka Kicukiro





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments