• Imikino / FOOTBALL




Ikipe y’Igihugu ya Iran yemerewe visa zo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo yitabire Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026, nyuma y’iminsi yari ishize havugwa impungenge zishingiye ku mubano mubi uri hagati y’ibihugu byombi.

Abayobozi ba Amerika batangaje ko visa zose zikenewe n’abakinnyi, abatoza n’abandi bakozi b’iyi kipe zamaze gutangwa, bituma Iran ishobora gukina umukino wayo wa mbere uzayihuza na New Zealand i Los Angeles ku wa 15 Kamena 2026.

Icyakora, Washington yashimangiye ko uru ruhushya rugenewe gusa ibikorwa bya siporo kandi ko rutazakoreshwa n’abantu bashobora guhungabanya umutekano w’Amerika.

Umwe mu bayobozi ba Amerika yagize ati:“Visa zose z’ikipe ya Iran zaratanzwe, ariko ntituzemera ko hari umuntu uwo ari we wese washobora kugira aho ahuriye n’ibikorwa by’iterabwoba cyangwa imitwe ya gisirikare yinjira muri Amerika yiyitirira ibikorwa bya siporo.”

Ibibazo bya Visa byari byatangiye guteza impungenge

Mu byumweru bishize, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Iran ryari ryagaragaje impungenge zishingiye ku gutinda gutangwa kwa visa, ibintu byanatumye iyi kipe ihindura gahunda yayo y’imyiteguro.

Mu mpera za Gicurasi, Iran yimuye imyitozo yayo iva muri Arizona muri Amerika iyijyana muri Mexico kubera kutamenya neza igihe visa zizabonekera.

Hari kandi amakuru yavugaga ko bamwe mu bakozi b’iyi kipe bashinzwe ubuyobozi n’ibijyanye n’ubuhanga batari barabona ibyangombwa bibemerera kwinjira muri Amerika.

Marco Rubio yatanze umuburo

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Marco Rubio yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ko abazajya baherekeza ikipe ya Iran bazasuzumwa neza.

Yavuze ko Amerika itazemera ko muri izo ntumwa hajyamo abantu bafite isano n’umutwe wa gisirikare wa Iran uzwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), Amerika ifata nk’umutwe uteje impungenge ku mutekano.

Igikombe cy’Isi mu bihe bidasanzwe

Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 kizatangira ku wa 11 Kamena 2026, kikabera muri United States, Canada na Mexico.

Ni ubwa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi igihugu cyakiriye irushanwa kizakira ikipe y’igihugu gifitanye amakimbirane akomeye na cyo ku rwego rwa politiki n’umutekano.

Nubwo umubano hagati ya Washington na Tehran ukomeje kuba mubi, FIFA n’inzego za Amerika zemeza ko amakipe yose yabonye itike y’Igikombe cy’Isi agomba guhabwa amahirwe angana yo kwitabira irushanwa.

Iran izatangira urugendo rwayo muri iri rushanwa ihura na New Zealand, mu mukino utegerejwe cyane kuko uza kuba ikimenyetso cy’uko siporo ishobora gukomeza guhuza ibihugu nubwo politiki ikomeje kubitandukanya.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments