• Imikino / FOOTBALL

Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, avuga ko batatandukanye burundu na Skol Brewery bari bamaze imyaka 12 bafite imikoranire nk’umuterankunga mukuru, ahubwo ko bari mu biganiro by’imikoranire mishya kandi bizeye ko impande zizumvikana.

Ibi Gakwaya yabitangarije Radio Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kamena, nyuma y’aho ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026, Uruganda rwa Skol rutangaje ko iyi mikoranire yageze ku musozo, nyuma yo kurangira kw’amasezerano bari bafitanye kuva muri Gicurasi 2024, ariko akaba yaragiye avugururwa.

Muri iyi baruwa, uru ruganda rwavuze ko rwishimira imikoranire yaranze impande zombi mu myaka 12 bari bamaranye, ndetse ko rufite icyizere cyo gukomeza gukorana n’ikipe ya Rayon Sports, ibisobanuye ko impande zombi zitatandukanye mu buryo bwa burundu.

Ibi kandi byanashimangiwe n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, wabwiye Radio Rwanda ko abantu batarimo gusobanura neza ibaruwa.

Ati “Mwabonye ko yasinyweho n’impande zombi. Hari inama yabaye ejo yo kuvuga kuri evaluation (isuzuma) yakozwe nk’uko byari biteganijwe mu masezerano hagati ya Skol na Rayon Sports ko ‘mu mwaka wa 2026 hari evaluation igomba gukorwa, impande zombi zikareba imikoranire mishya cyangwa se zikareba ugutandukana’.”

Yakomeje agira ati “Icyabaye ejo rero twarebye kuri iyo assessment (isuzuma) buri ruhande rugenda rugaragaza ibyo ruvuga ko bitagenze neza, ari nabyo byaganishije ku mwanzuro ko habaho imikoranire mishya; ni ukuvuga ngo imikoranire yari isanzwe igomba guhinduka. Skol yatanze proposal (icyifuzo/imbanzirizamushinga) y’uko iyo mikoranire mishya yaba iteye, ari nacyo tugiye kwicara tukaganira nka Rayon Sports tukareba icyo iyo proposal tukagira icyo tuyisubizaho. Ibyo tuzemeranywa akaba ari byo tuzagenderaho mu gihe kizaza.”

Abajijwe niba bashobora no kutumvikana, Gakwaya yavuze ko ‘byumvikana’ ariko ko nabo bagiye kugaragariza Skol ibyifuzo bya Rayon Sports, kandi ko badateganya ko batazakorana kuko bizeye ko bazumvikana, bagakorana kuko umufatanyabikorwa aba atari igihombo kuri bo; anaboneraho kwizeza abakunzi ba b’iyi kipe ko bazagira aho bazahuriza n’uyu mufatanyabikorwa bagakorana.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments