• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi Kevin Kade uri mu bakunzwe cyane  hano mu Rwanda yongeye gutangaza ko atazitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 bitegurwa na sosiyete ya East African Promoters (EAP) ku nshuro ya 2  kubera ikibazo cy'uburwayi ari gukurikiranirwa kwa muganga.

Uyu  muhanzi binyuze  mu buyobozi  burebrera inyungu ze mu itangazo bashyize hanze  kuri iki gicamusi cyo ku wa mbere  tariki ya 15 Kamena 2026 rivuga neza ko  ubuzima bwe butameze neza ku buryo yabasha  kuzitabira  ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika byitezwe gutangira mu mpera z’iki cyumweru

Muri iri tangazo, ubuyobozi bumureberera inyungu mu muziki bwavuze ko Kevin Kade ari kwitabwaho n'abaganga nyuma yo kugira ikibazo cy'ubuzima, bityo abaganga bakaba bamusabye kubanza kwita ku buzima bwe mbere yo gusubira mu bikorwa bya muzika.

Bagize bati: "N'umutima uremereye turamenyesha abakunzi ba Kevin Kade bose ko afite ikibazo cy'uburwai kandi ari gukurikiranwa n'abaganga. Dukurikije inama y'abaganga, ntabwo azashobora kwitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegurwa na EAP."

Bakomeje bavuga ko ari ibihe bikomeye kuri uyu muhanzi wari utegereje guhura n'abafana be mu bice bitandukanye by'u Rwanda, ariko ko ubuzima bwe bugomba kubanza kwitabwaho mbere ya byose.

Bashimiye EAP ku bwumvikane bagaragaje nyuma yo kumenyeshwa iki kibazo, bunashimira abakunzi b'uyu muhanzi ku rukundo, amasengesho n'inkunga bakomeje kumugaragariza muri ibi bihe. Basoje basaba abafana gukomeza kumushyigikira no kumuzirikana mu masengesho, bagaragaza icyizere ko azakira neza akagaruka mu muziki afite imbaraga nshya.

Si ubwa mbere Kevin Kade asezeye muri MTN Iwacu Muzika Festival. No mu mwaka ushize wa 2025, uyu muhanzi yari yikuye muri ibi bitaramo ngarukamwaka, ibintu byatumye abakunzi be bongera kwibaza ku mpamvu zatumye atongera kuboneka muri iri serukiramuco rikomeye rihuza abahanzi n'abafana mu gihugu hose.

Byongeye kandi, Kevin Kade ntiyanagaragaye mu kiganiro n'itangazamakuru cyahuje abahanzi bazitabira MTN Iwacu Muzika Festival 2026, cyabereye i Kigali tariki ya 18 Gicurasi 2026, ibintu byari byaratumye bamwe batangira gukeka ko ashobora kuba atazaboneka muri ibi bitaramo.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments