Urwego rw’iperereza rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Federal Bureau of Investigation (FBI), rwatangaje ko rwaburijemo umugambi wo kugaba ibitero ku bitabiriye ibirori by’imikino njyarugamba byabereye ku White House, hafatwa bamwe mu bakekwaho gutegura uwo mugambi.
Ku wa 14 Kamena 2026, White House yari yakiriye ibirori byo
kwizihiza imyaka 250 ishize Leta zunze ubumwe za Amerika
ibonye ubwigenge, byaranzwe n’imikino njyarugamba ndetse bikitabirwa n’ibihumbi
by’abantu.
Nk’uko
inyandiko z’urukiko zasohotse ku wa 16 Kamena 2026 zibigaragaza, abakekwaho uwo
mugambi bari bateguye gukoresha drones zitwaye ibisasu kugira ngo bateze
inkongi hafi y’aho ibyo birori byaberaga.
Umuyobozi
Mukuru wa FBI, Kash Patel, yavuze ko
umugambi wari uwo guteza igihunga mu bitabiriye ibyo birori, bakiruka berekeza
ahantu bari batezwe, maze abagabye igitero bakabarasa mbere yo kugerageza
kwinjira mu marembo ya White House.
Iperereza
ryatangiye nyuma y’uko nyina w’umusore w’imyaka 19 witwa Tycen Proper ahaye inzego z’umutekano amakuru ku
bikorwa byakekwagaho umuhungu we.
Abashinzwe
iperereza bavuga ko iri tsinda ryitwaga “Vanguard of the Old” kandi rikaba
ryarakoreshaga urubuga rwa TikTok mu gutegura no guhuza
umugambi wo kugaba ibitero ku banyacyubahiro n’abandi bari bitabiriye ibyo
birori.
Nibura abantu batanu bamaze gutabwa muri yombi, mu gihe abandi
bakekwa bagishakishwa. Urwego rushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu cya Amerika
rwatangaje ko rukomeje gukorana na FBI kugira ngo hamenyekane amakuru yose
ajyanye n’uyu mugambi.