Intara ya Somaliland yatangaje ko yafunguye ambasade yayo i Jerusalem, nyuma y’amezi atandatu Israel ibaye igihugu cya mbere kiyemeye nk’igihugu cyigenga.
Iyo ambasade yafunguwe mu gace ka Yerusalemu y’Uburengerazuba
kazwiho ibikorwa byinshi by’ikoranabuhanga, mu gihe Perezida wa Somaliland, Abdirahman Mohamed Abdullahi, ari mu ruzinduko
rw’akazi muri Israel.
Mu
nama yagiranye na Perezida wa Somaliland, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko abaturage
b’impande zombi bafitanye umubano wa hafi kandi wimbitse.
Kwamamaza
umubano hagati ya Somaliland na Israel gukomeje guteza impaka ku rwego
mpuzamahanga, cyane cyane ko Somalia
igifata Somaliland nk’intara yayo.
Guverinoma
ya Somalia yamaganye ibyo biganiro hagati ya Israel na Somaliland, ivuga ko ari
“ihonyorwa ry’ubusugire bwa Somalia” ndetse isobanura Somaliland nk’“ubutegetsi
bwitandukanyije bwo mu majyaruguru ya Somalia.”
Mu Kuboza 2025 ni bwo Israel yemeye Somaliland nk’igihugu
cyigenga, icyemezo cyakiriwe nabi n’ibihugu byinshi ndetse n’imiryango
mpuzamahanga irimo China, Turkey, Saudi
Arabia ndetse n’African Union (AU).