Uyu munsi,
intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nijeriya ry’Ubushakashatsi ku
Mutekano (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya
Mutobo gishinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe
yitwaje intwaro giherereye mu Karere ka Musanze.
Izi ntumwa
zakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu
Buzima Busanzwe Abari Abasirikare (RDRC), Valerie Nyirahabineza ari kumwe na
Visi Perezida wa Komisiyo, Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza.
Mu kiganiro
bagejejweho, intumwa zamenye byinshi ku ngaruka zikomeje guterwa n’umutwe wa
FDLR n’imitwe yitwaje intwaro iyishamikiyeho ikorera mu burasirazuba bwa
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse banasobanurirwa uburyo gahunda
y’u Rwanda Gusezerera no Gusubiza mu Buzima Busanzwe (DDR) yageze ku musaruro
ushimishije.
Uru
ruzinduko rwanarushijeho kugira akamaro binyuze mu buhamya bwatanzwe n’abahoze
ari abarwanyi ba FDLR batahutse bavuye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo, batashye mu Rwanda ku bushake, nyuma bakabasha gusubira mu
buzima busanzwe no kwinjira neza mu muryango nyarwanda.
Ubuhamya
bwabo bwagaragaje uruhare rukomeye rwa gahunda zo gusubiza abantu mu buzima
busanzwe, kubafasha kongera kwiyubaka no kongera kwinjizwa muri sosiyete,
ndetse no guteza imbere amahoro n’umutekano usesuye.