• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ku wa 18 Kamena 2026, habaye umuhango wo gutaha ku mugaragaro Barack Obama Presidential Center, ikigo cyubatswe mu mujyi wa Chicago kigamije kubungabunga umurage wa Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, no gukomeza guteza imbere ibikorwa by’uburere mboneragihugu, ubuyobozi n’iterambere ry’abaturage.

Iki kigo kiri muri Jackson Park ku ruhande rw’amajyepfo ya Chicago, ahantu hafitanye isano ikomeye n’amateka ya Obama kuko ari ho yatangiriye ibikorwa bye bya politiki n’ubukangurambaga bwamugejeje ku buyobozi bw’Igihugu.

Mu gihe ibigo byinshi byahoze ari ibya ba Perezida ba Amerika byibanda cyane ku bubiko bw’inyandiko n’ibikoresho by’amateka, Obama Presidential Center yo yashyizweho nk’ikigo cy’umuco n’ubukangurambaga bw’abaturage. Kirimo inzu ndangamurage, icyumba kinini cy’ibitaramo n’inama, ibibuga by’imyidagaduro n’imikino, ubusitani, ishami ry’isomero rya Chicago ndetse n’ahantu hagenewe gahunda zo guteza imbere urubyiruko.

Abayobozi ba Obama Foundation bavuga ko intego y’iki kigo atari ugusigasira gusa amateka ya Obama, ahubwo ari ugutera abantu imbaraga zo kugira uruhare mu kubaka demokarasi no gukemura ibibazo biri mu muryango nyarwanda... pardon, mu miryango yabo no mu bihugu byabo.

Ikintu gikurura amaso cyane kuri iki kigo ni umunara munini wubatswe mu mabuye ya granite ufite amagorofa umunani, ukaba ari wo mutima w’inzu ndangamurage yacyo. Uwo munara ugaragaza ubuzima bwa Barack Obama na Michelle Obama, ibikorwa byabo ndetse n’ingaruka ubuyobozi bwabo bwagize ku mateka ya Amerika.

Muri iyo nzu ndangamurage harimo ibintu byinshi by’amateka birimo ibihembo Obama yahawe, ibikoresho byifashishijwe mu bikorwa bye byo kwiyamamaza mu 2008, amafoto, amashusho n’ibindi byerekana urugendo rwe kuva akiri umukozi ushinzwe ibikorwa by’abaturage muri Chicago kugeza abaye Perezida wa Amerika wa mbere w’umwirabura.

Umuhango wo gutaha iki kigo witabiriwe n’abahoze ari ba Perezida ba Amerika barimo Bill Clinton, George W. Bush na Joe Biden, hamwe n’abahoze ari ba Madamu ba Perezida n’abayobozi mpuzamahanga batandukanye.

Uyu muhango wanaranzwe n’ibitaramo by’abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga barimo Stevie Wonder, John Legend, Jennifer Hudson, Bruce Springsteen na Bono.

Mu ijambo rye, Barack Obama yasabye abaturage gukomeza kurinda demokarasi no kugira uruhare mu bibazo byugarije sosiyete, avuga ko iki kigo kigamije gufasha abantu bose kumva ko bashobora kugira uruhare mu mpinduka nziza.

Iki kigo cyatwaye amafaranga abarirwa muri miliyoni 850 z’amadolari ya Amerika, kikaba cyitezweho kwakira abasura barenga miliyoni imwe buri mwaka. Abasesenguzi bavuga ko kizafasha guteza imbere ubukerarugendo, ubucuruzi n’akazi ku baturage bo mu gace ka South Side ya Chicago, kamaze imyaka myinshi karangwa n’ibibazo by’ubukungu.

Nubwo umushinga wahuye n’imbogamizi zirimo ibirego by’ubukererwe mu bwubatsi n’amakimbirane y’abakora imirimo y’ubwubatsi, abayobozi ba Obama Foundation bavuga ko iki kigo ari ishoramari rizagira uruhare runini mu iterambere ry’ako gace mu myaka iri imbere.

Obama Presidential Center ifunguriwe abaturage guhera ku wa 19 Kamena 2026, umunsi wizihizwaho Juneteenth muri Amerika. Abayiteguye bavuga ko ari ahantu hagamije guhuza amateka, umuco, uburezi n’ubuyobozi kugira ngo urubyiruko n’abaturage muri rusange babone aho bakura isomo ryo kugira uruhare mu kubaka ejo hazaza heza.

Iki kigo gifatwa nk’imwe mu mishinga ikomeye yasizwe na Barack Obama na Michelle Obama nyuma yo kuva ku buyobozi bwa Amerika, kikaba cyitezweho gukomeza kubungabunga amateka yabo no gukangurira ibisekuru bizaza gukorera impinduka nziza mu muryango mugari w’abatuye isi.

 








Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments