Abunganira
uwahoze ari Perezida wa Central African Republic, François Bozizé, batangaje ko
batishimiye uburyo urubanza ruregwamo umukiliya wabo ruri kugenda, bavuga ko
hari ibibazo bikomeye bishobora gutuma ubutabera butubahirizwa.
François
Bozizé, wayoboye Repubulika ya Centrafrique kuva mu 2003 kugeza mu 2013,
akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’umutekano muke n’ibikorwa by’imitwe
yitwaje intwaro byabaye nyuma yo kuva ku butegetsi. Kuri ubu ari kuburanishwa
adahari, kuko atari ku butaka bwa Centrafrique.
Itsinda
ry’abanyamategeko bunganira Bozizé rivuga ko urubanza ruri gukorwa mu buryo
butubahiriza uburenganzira bw’uregwa bwo kwisobanura no kwiregura. Bavuga ko
umukiliya wabo atahawe amahirwe ahagije yo kwitabira urubanza cyangwa gutanga
ibisobanuro ku byo ashinjwa.
Banenga
kandi uburyo bamwe mu batangabuhamya n’ibimenyetso byakiriwe n’urukiko, bavuga
ko hari impamvu zatuma bidafatwa nk’ibyizewe.
Ku ruhande
rw’ubushinjacyaha, buvuga ko hari ibimenyetso bihagije byerekana uruhare rwa
Bozizé mu bikorwa byahungabanyije umutekano w’igihugu, cyane cyane mu gihe
cy’amakimbirane ya politiki n’intambara zayogoje igihugu nyuma y’amatora yo mu
2020.
Ubushinjacyaha
buvuga ko nubwo atari imbere y’urukiko, amategeko yemerera ko urubanza rukomeza
kubera ko yamenyeshejwe kandi akagira abamwunganira.
Uru rubanza
rukomeje gukurikirwa cyane n’abaturage ba Centrafrique, imiryango mpuzamahanga
ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, bitewe n’uruhare rukomeye
François Bozizé yagize muri politiki y’igihugu.
Abasesenguzi
bavuga ko icyemezo kizafatwa gishobora kugira ingaruka ku buzima bwa politiki
muri Centrafrique, igihugu kimaze imyaka myinshi gihanganye n’ibibazo
by’umutekano muke n’amakimbirane ashingiye kuri politiki.
Mu gihe
abunganira Bozizé bakomeje gusaba ko urubanza rwongera gusuzumwa cyangwa
rukagenzwa mu buryo buboneye kurushaho, urukiko rukomeje kumva impande
zitandukanye mbere yo gufata umwanzuro wa nyuma.
Like This Post? Related Posts