Abakunzi
b’umuziki nyarwanda n’imyidagaduro muri rusange bafite impamvu yo kwitegura
ibihe byiza, nyuma y'uko hamenyekanye ko umuhanzi Ross Kana azataramira muri Paddock
Lounge zimaze kumenyekana cyane mu kwakira ibikorwa by’imyidagaduro
bitandukanye mu Mujyi wa Kigali.
Bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo Ubuyobozi bwa
Paddock Lounge bwatangaje ko Ross Kana azahataramira ku wa 27 Kamena guhera saa
kumi n’ebyiri z’umugoroba, mu gitaramo gitegerejwe n’abakunzi be benshi
Mu butumwa
bwatangajwe ku mbuga nkoranyambaga za Paddock Lounge, bwaherekejwe n’amatangazo
yamamaza iki gitaramo, hatangajwe ko abazakitabira bazaryoherwa n’umuziki
mwiza, ibyishimo byinshi ndetse n’ikirere cy’imyidagaduro cyihariye gisanzwe
kiranga uyu muhanzi.
Paddock
Lounge yavuze ko Ross Kana azazana “imbaraga zidasanzwe, umuziki mwiza n’ibihe
abantu bazakomeza kwibukiraho igihe kirekire.”
Ross Kana ni
umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bakomeje kubaka izina mu muziki, cyane cyane mu
njyana zigezweho zikunzwe n’urubyiruko. Azwiho kuririmba indirimbo zirimo
ubutumwa bw’urukundo, imibereho ya buri munsi ndetse n’izifite injyana zituma
abafana be bishimira kubyina no kuririmba bazikurikira.
Kuba agiye
gutaramira muri Paddock Lounge bifatwa nk’amahirwe ku bakunzi be bazabona
uburyo bwo kumurebera ku rubyiniro imbonankubone.
Paddock
Lounge nayo ikomeje kwagura ibikorwa byayo byo kwakira ibitaramo n’ibirori
bitandukanye. Iherereye mu Karere ka Kicukiro i Kigali, ikaba izwiho kwakira
ibitaramo by’abahanzi batandukanye, ibikorwa byo kurebera hamwe imikino ndetse
n’ibindi birori bihuza urubyiruko n’abakunzi b’imyidagaduro.
Ubuyobozi bwayo buvuga ko intego ari ugukomeza
gutanga serivisi zigezweho no gutuma Kigali iba umwe mu mijyi ifite ubuzima
bw’imyidagaduro bukomeye mu karere.
Abakunzi
b’umuziki bategerejwe kuzitabira ari benshi, cyane cyane ko Paddock Lounge
isanzwe ifite izina rikomeye mu kwakira ibitaramo byitabirwa n’abantu benshi.
Mu minsi ishize yahakiriye ibikorwa bitandukanye byitabiriwe cyane, bituma iki
gitaramo cya Ross Kana nacyo gitegerejweho kuzaba kimwe mu bizasusurutsa impera
z’icyumweru muri Kigali.
Ubuyobozi
bwa Paddock Lounge bwasabye abazitabira iki gitaramo gutagira kugura amatike yabo kare kugira ngo birinde
kubura imyanya, cyane cyane ko ibitaramo bikunze kuhabera byitabirwa n’umubare
munini w’abantu.
Iki gitaramo
kizaba amahirwe ku bakunzi ba Ross Kana yo kongera kumva no kuririmbana na we
zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe
Like This Post? Related Posts