• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yemeje umushinga w'ivugururwa ry'Itegeko Nshinga ugamije kongera ububasha bw'Inteko no kugabanya bumwe mu bwa Perezida wa Repubulika. Iki cyemezo cyafashwe n'abadepite benshi nyuma y'impaka zikomeye, mu gihe hanze y'Inteko habereye imyigaragambyo yamaganaga ayo mavugurura.

Iri vugururwa rije mu gihe umwuka wa politiki ukomeje kuzamba hagati ya Perezida Bassirou Diomaye Faye n'uwahoze ari Minisitiri w'Intebe, ubu akaba Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko, Ousmane Sonko.

Guverinoma yatangaje ko aya mavugurura azashyikirizwa abaturage binyuze muri referandumu, nubwo itaratangaza itariki izaberaho.

Faye na Sonko bageze ku butegetsi mu 2024 bari bafatanyije, basezeranya abaturage kuvugurura imiyoborere no guhindura byinshi mu gihugu. Icyakora, umubano wabo waje kuzamo agatotsi, cyane cyane nyuma y'uko Sonko atangiye kunenga uburyo Perezida yakemuye ikibazo cy'umwenda wa Leta.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Perezida Faye yirukanye Sonko ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe. Nyamara, ishyaka Pastef, rifite imyanya 130 muri 165 igize Inteko Ishinga Amategeko, ryahise rimugira Perezida w'Inteko.

Iby'ingenzi bikubiye mu mavugurura

Aya mavugurura ateganya:

• Kongera ububasha bw'Inteko Ishinga Amategeko mu kugenzura ibikorwa bya Guverinoma.

• Gutegeka Guverinoma kujya ishyikiriza Inteko amasezerano yose ajyanye n'umutungo kamere.

• Gushyiraho Urukiko Nshinga rugizwe n'abacamanza icyenda, rusimbura Inama Nshinga yari igizwe n'abacamanza barindwi.

• Kubuza Perezida uri ku butegetsi kuba anayobora ishyaka rya politiki, ingingo benshi babona ko ishobora kugira ingaruka kuri Perezida Faye.

• Kubuza Perezida gushyira umukono ku mategeko amwe n'amwe hagati y'amatora ya perezida n'irahira ry'uzaba yatsinze.

• Kongerera ububasha komisiyo z'Inteko Ishinga Amategeko.

Mu gihe abadepite bari mu mpaka kuri ayo mavugurura, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso (tear gas) itatanya abaturage bigaragambyaga imbere y'Inteko. Imbere mu Nteko na ho bamwe mu badepite batavuga rumwe n'ubutegetsi basohotse mu cyumba cy'inama mu rwego rwo kwamagana uburyo uwo mushinga wari uri gutorwa.

Ishyaka Pastef rivuga ko aya mavugurura agamije gukomeza ihame ryo kugabanya no kuringaniza ububasha hagati y'Ubutegetsi Nshingwabikorwa, Inteko Ishinga Amategeko n'Urwego rw'Ubucamanza.

Ariko abatavuga rumwe n'ubutegetsi n'imiryango itegamiye kuri Leta bavuga ko ayo mavugurura agamije guhangana na Perezida Faye mu nyungu za Sonko, usanzwe agifite ijambo rikomeye mu Nteko Ishinga Amategeko.

Mu mpaka zabereye mu Nteko, Minisitiri w'Ubutabera Moussa Sarr yatangaje ko Perezida ashaka ko abaturage bazagira ijambo rya nyuma binyuze muri referandumu.

Icyakora, Sonko yashidikanyije ku bubasha bwa Perezida bwo kohereza ayo mavugurura muri referandumu, avuga ko yamaze kwemezwa mu buryo bukurikije amategeko n'abadepite benshi.

Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe n'ubutegetsi hamwe n'imiryango itandukanye ya sosiyete sivile bakomeje gusaba ko uwo mushinga w'ivugururwa wahita ukurwaho, bavuga ko ushobora guteza umwuka mubi wa politiki no guhungabanya ituze muri Sénégal.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments