• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya indwara muri Afurika (Africa CDC), kuri uyu wa Gatatu cyatangaje ko Uganda yemeje umuntu wanduye indwara ya Marburg, indwara yandura vuba kandi ishobora guhitana ubuzima mu gihe itavuwe cyangwa ngo igenzurwe hakiri kare.

Nk'uko Africa CDC yabitangaje isubiramo amakuru yatanzwe n'inzego z'ubuzima muri Uganda, umurwayi wabonetse yari umwana w'umwaka umwe n'igice wo mu Karere ka Kyegegwa mu Burengerazuba bwa Uganda, akaba yaritabye Imana. 

Africa CDC yavuze ko abantu bose bahuye n'uwo mwana bakomeje gukurikiranwa, ariko kugeza ubu nta n'umwe uragaragaza ibimenyetso by'iyo ndwara, ndetse nta wundi murwayi wa Marburg wari usanzwe wanduye muri Uganda.

Umuvugizi wa Africa CDC, Saran Koly, yavuze ko iki kigo kiri gukorana bya hafi na Guverinoma ya Uganda kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse, hamenyekane urugero rw'ubukana bw'iyi ndwara ndetse hafatwe ingamba zo kuyikumira. 

Yagize ati: "Turiteguye gufasha Uganda mu kugenzura aya makuru, gusuzuma ingaruka zayo no gushyigikira ibikorwa byose byo gukumira ikwirakwira rya Marburg."

Ku rundi ruhande, umuvugizi wa Minisiteri y'Ubuzima ya Uganda yavuze ko nta makuru arambuye yari afite kuri iki cyorezo. Gusa, abategetsi babiri bo mu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), babwiye Reuters ko bazi aya makuru yerekeye umurwayi wa Marburg wabonetse muri Uganda.

Marburg ni indwara iterwa na virusi yo mu muryango umwe na Ebola. Yandurira cyane cyane binyuze mu matembabuzi y'umubiri w'umurwayi, kandi ishobora kugira ubukana bukomeye iyo itavuwe hakiri kare.

Iri tangazo rije mu gihe Uganda yari isanzwe iri maso kubera ibikorwa byo gukurikirana no gukumira indwara z'ibyorezo zirimo na Ebola.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments