• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzikazi w’Umunyafurika Tyla Laura Seethal uzwi nka Tyla ukomeje kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki ku isi, yatangiye urugendo rushya mu mwuga we nyuma yo gusinyana amasezerano akomeye na Roc Nation, sosiyete y’imyidagaduro yashinzwe n’umuraperi w’icyamamare Jay-Z.

Amakuru avuga ko Tyla yasinyanye na Roc Nation amasezerano y’agaciro ka miliyoni z’amadolari, nyuma yo gufata icyemezo cyo kutongera amasezerano yari afitanye na Epic Records. Iyi ntambwe ije mu gihe uyu muhanzikazi ari kwitegura gushyira hanze album ye ya kabiri yise “A*POP”, iteganyijwe gusohoka ku wa 24 Nyakanga 2026.

?Iyi nkuru yamenyekanye cyane ubwo Roc Nation yamamaza uyu muhanzikazi mu buryo bukomeye binyuze mu mashusho yamamaye ku byapa byo kwamamaza biri ahitwa Times Square i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

?Uyu muhanzikazi w'imyaka 24 yamamaye cyane ku ndirimbo nka “Water” nkimwe mu zamugejeje ku rwego mpuzamahanga, ubu ndetse akaba yinjiye mu itsinda ry’abahanzi bakomeye bari muri iyi nzu ireberera inyungu z'abahanzi ya Roc Nation, irimo amazina akomeye nka Rihanna, Alicia Keys, John Legend na Christina Aguilera.

?Muri Afurika, asanze Kandi abandi bahanzi bafite izina rikomeye bakorana na Roc Nation barimo Tiwa Savage na Ayra Starr, ndetse n’abandi bahanzi mpuzamahanga nka J Balvin.

?Kwinjira muri Roc Nation bifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwa Tyla rwo kuva ku kuba umwe mu bahanzi bashya bakomeye baturuka muri Afurika, akagera ku rwego rw’umuhanzi mpuzamahanga ufite inyuma ye ubufasha bukomeye mu kwamamaza, ibitaramo no guteza imbere ibikorwa bye.

?Nyuma yo kumenyekana ku isi binyuze kuri “Water”, iyi sosiyete ya Jay-Z yitezweho ko ishobora kumufasha kurushaho gukomeza umwanya we ku masoko yo muri Amerika no ku isi, binyuze mu kwamamaza indirimbo ze, amashusho y’indirimbo, ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’ubufatanye n’abandi bahanzi bakomeye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments