Ishyirahamwe
ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko guhera mu mwaka
w’imikino wa 2026/27, abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma ry’ubuzima ku buryo
butunguranye hagamijwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’imiti itemewe
yongerera imbaraga abakinnyi.
Uyu ni umwe
mu myanzuro 3 yavuye mu nama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa
Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026.
Itangazo
ryashyizwe hanze na FERWAFA, rivuga ko abakinnyi bazajya bapimwa ngo harebwe
niba badakoresha ibiyobyabwenge cyangwa imiti ibongerera imbaraga mu rwego rwo
kuzamura ireme ry’amarushanwa n’imibereho myiza y’abakinnyi.
Iyi ni
ingingo yafashe indi ntera ku ruhando mpuzamahanga ku buryo abakinnyi
basanzwemo imiti itemewe mu mupira w’amaguru bafatirwa ibihano kandi bikakaye.
Bamwe mu
bakinnyi b’ibyamamare bahanwe bazira gukoresha imiti itemewe barimo Paul Pogba
wahanishijwe imyaka 4 adakina n’ubwo yaje kubabarirwa ikagezwa ku mwaka umwe
n’amezi 6, Mykhailo Mudryk wahagaritswe imyaka 4, na Andre Onana wahagaritswe
umwaka wose mu bikorwa by’umupira w’amaguru.
Mu yindi
myanzuro yafashwe harimo gushyiraho ibiciro amakipe azajya yishyura kugira ngo
yiyandikishe mu marushanwa ategurwa na FERWAFA mu mwaka wa 2026/27 no mu mwaka
wa 2027/28.
Mu cyiciro
cy’abagabo, kwiyandikisha muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere, BK Pro League,
ni miliyoni 2 RWF, naho kwiyandikisha muri Shampiyona y’icyiciro cya kabiri,
iy’icya gatatu no mu Gikombe cy’Amahoro ni ibihumbi 500 RWF.
Mu cyiciro
cy’abagore, kwiyandikisha muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere, Women’s Super
League, ni ibihumbi 500 RWF, kwiyandikisha mu cyiciro cya kabiri ni ibihumbi
200 RWF, kwiyandikisha mu cyiciro cya 3 ni ibihumbi 100 RWF naho kwiyandikisha
mu Gikombe cy’Amahoro ni ibihumbi 200 RWF.
Undi
mwanzuro wafashwe ni uko FERWAFA igiye kuvugurura ibirango byayo birimo Logo,
ibirango by’amarushanwa, gukora ibikombe by’amarushanwa ategurwa na FERWAFA, no
gushushanya (Design) imyambaro y’amakipe y’igihugu mu byiciro byose.
FERWAFA
yatangaje ko iyi gahunda yo kuvugurura ibirango izakorwa binyuze mu irushanwa
ry’abanyempano.
Like This Post? Related Posts