Abanyamakuru
b’imikino Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida uherutse gusezera kuri Radiyo/TV 10 na
Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit ukihakora bateguje ubukwe buzaba tariki 5
Nzeri 2026.
Kuri uyu wa
Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026 nibwo Ida na Hit bateguje ubukwe nyuma y’iminsi 3
gusa Ida asezeye ku gitangazamakuru cya Radiyo/TV 10 yaramaze imyaka 4 akorera.
Aba banyamakuru
bombi bari basanzwe bakorana kuri Radiyo/TV 10 mu kiganiro cya mu gitondo “10
Sports Urukiko.” kigaruka ku makuru y’imikino.
N’ubwo
Hitimana ari umunyamakuru ukora muri iki kiganiro gusa ni nawe ushinzwe igisata
cy’imikino muri iki gitangazamakuru gikuru mu byigenga mu Rwanda ndetse ni umwe
mu banyamakuru bamaze igihe muri uyu mwuga.
Aba bmbi batangaje ibi
nyuma y’igihe byari bimaze iminsi
bivugwa cyane hano hanze ariko kenshi
ntibakunze kwerekana cyane ko
bari mu rukundo nubwo igihe kigeze bagateguza inshuti n’imiryango yabo.
Nyuma yo gushyira hanz impapuro ziteguza ubukwe bwabo aba bombi bashimiwe na
benshi mu banyamakuru bakora
imikino hano mu Rwanda ku mbuga
nkoranyambaga babifuriza kuzgira urugo ruhire banabasezeranye bazababa hafi muri icyo gikorwa