• Imikino / FOOTBALL

Abanyamakuru b’imikino Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida uherutse gusezera kuri Radiyo/TV 10 na Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit ukihakora bateguje ubukwe buzaba tariki 5 Nzeri 2026.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026 nibwo Ida na Hit bateguje ubukwe nyuma y’iminsi 3 gusa Ida asezeye ku gitangazamakuru cya Radiyo/TV 10 yaramaze imyaka 4 akorera.

Aba banyamakuru bombi bari basanzwe bakorana kuri Radiyo/TV 10 mu kiganiro cya mu gitondo “10 Sports Urukiko.” kigaruka ku makuru y’imikino.

N’ubwo Hitimana ari umunyamakuru ukora muri iki kiganiro gusa ni nawe ushinzwe igisata cy’imikino muri iki gitangazamakuru gikuru mu byigenga mu Rwanda ndetse ni umwe mu banyamakuru bamaze igihe muri uyu mwuga.

Aba  bmbi batangaje  ibi  nyuma y’igihe byari bimaze iminsi  bivugwa cyane hano hanze ariko kenshi  ntibakunze  kwerekana cyane ko bari mu rukundo nubwo  igihe kigeze  bagateguza inshuti n’imiryango yabo.

Nyuma yo  gushyira hanz impapuro ziteguza  ubukwe bwabo aba bombi bashimiwe na benshi  mu banyamakuru  bakora  imikino hano mu Rwanda  ku mbuga nkoranyambaga babifuriza kuzgira urugo ruhire banabasezeranye  bazababa hafi muri  icyo gikorwa

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments