Senateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, wari uhagarariye Leta ya South Carolina mu ishyaka ry'Aba-Republicains, yitabye Imana afite imyaka 71 y'amavuko.
Amakuru y'urupfu rwe yatangajwe kuri iki Cyumweru n'ibiro bye, bivuga ko yapfuye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu azize uburwayi bwamufashe mu buryo butunguranye kandi mu gihe gito. Umuryango we wasabye abantu kuwusabira no kuwuba hafi muri ibi bihe by'icyunamo.
Lindsey Graham yinjiye muri Sena ya Amerika mu 2003, aza kuba umwe mu banyapolitiki bafite ijambo rikomeye mu ishyaka ry'Aba-Republicains ndetse no mu ba hafi ba Perezida Donald Trump mu bijyanye na politiki.
Yari Perezida wa Komite ya Sena ishinzwe ingengo y'imari, kandi yari yaranatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatanu y'imyaka itandatu mu matora yari ateganyijwe mu Ugushyingo.
Yari azwi cyane muri politiki ya Amerika, by'umwihariko mu bibazo birebana n'umutekano n'ububanyi n'amahanga.
Amakuru yatanzwe n'abapolisi agaragaza ko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, abashinzwe ubutabazi bahamagawe iwe mu gace ka Capitol Hill nyuma y'uko hatanzwe amakuru y'uko hari umuntu wagize ikibazo gikomeye cy'umutima.
Amafoto yasuzumwe na NBC News yagaragaje abaganga b'ubutabazi bajyana umuntu wari uryamye ku gitanda cy'abarwayi bamuvanye mu rugo rwa Graham bamushyira mu mbangukiragutabara yari itegereje hanze. Aho hantu kandi hari hageze imodoka za Polisi n'iz'abazimya umuriro.
Urupfu rwa Graham rwabaye nyuma y'uruzinduko yari amaze kugirira i Kyiv muri Ukraine, aho ku wa Gatanu yari yahuriye na Perezida Volodymyr Zelenskyy. Byari biteganyijwe kandi ko kuri iki Cyumweru aza kugaragara mu kiganiro cya NBC News cyitwa "Meet the Press."
Yagaragaje kenshi ko ibiganiro ari byo byakemura ikibazo cya AFC/M23
Mu Karere ka Afurika y'Ibiyaga Bigari, Senateri Lindsey Graham yamenyekanye nk'umwe mu banyapolitiki ba Amerika bagaragaje kenshi ko basobanukiwe impamvu Ihuriro AFC/M23 ryafashe intwaro, anashimangira ko amahoro arambye ashobora kugerwaho binyuze mu biganiro bya politiki.
Mu Ukuboza 2025, yashimye icyemezo cya AFC/M23 cyo kuva mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko agaragaza ko yababajwe n'ibitero iri huriro ryakomeje kugabwaho.
Icyo gihe yagize ati:"Nishimiye kubona amakuru avuga ko ingabo za M23 ziri kuva muri Uvira muri RDC. Ariko biranshengura kumva ko izi ngabo ziri kuvamo ziri kugabwaho ibitero. Ni ngombwa ko Amerika ishimangira uruhare rwayo rw'ubuyobozi, igasubiza impande zose ku meza y'ibiganiro."
Graham yasobanuye ko ibiganiro by'amahoro ari ingenzi cyane, kuko bihuye n'icyerekezo cya Perezida Donald Trump cyo gufasha Akarere k'Ibiyaga Bigari kugera ku mahoro arambye no guteza imbere ubukungu.
Yari yaranasuye Akarere k'Ibiyaga Bigari
Mu 2013, Lindsey Graham yari umwe mu Basenateri batandatu ba Amerika bagiriye uruzinduko Akarere k'Ibiyaga Bigari.
Icyo gihe yavuze ko nubwo ingabo z'Umuryango w'Abibumbye ziri muri aka karere zifite uruhare rw'ingenzi, igisubizo kirambye kidashobora guturuka kuri Loni yonyine.
Yagize ati:"Hagomba kubaho igisubizo cya politiki. Umuryango w'Abibumbye ubu ufite ubuyobozi bushya. Tugiye kubusabira ubundi bufasha, ariko hagomba kuba igisubizo hagati y'abaturage b'aka karere, Congo yose n'ibihugu bituranye na yo."
Ku wa 03 Ukuboza 2025, Senateri Lindsey Graham yanahuye na Perezida Paul Kagame, bagirana ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nzego zirimo kurengera ibidukikije, umutekano n'iterambere ry'ubukungu.
Urupfu rwa Lindsey Graham rusize icyuho muri politiki ya Amerika, cyane cyane mu banyapolitiki bagize uruhare rukomeye mu bibazo by'umutekano n'ububanyi n'amahanga, ndetse n'abakurikiranaga bya hafi ibibazo byo mu Karere ka Afurika y'Ibiyaga Bigari.
Like This Post? Related Posts