Minisitiri w'Intebe wa Kuwait, Sheikh Ahmad Abdullah Al-Ahmad Al-Sabah, yasuye abarwariye mu Bitaro bya Al Adan bakomerekeye mu bitero igihugu cye kivuga ko byagabwe na Iran, mu gihe umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukomeje gufata indi ntera.
Amashusho yatangajwe ku Cyumweru agaragaza Minisitiri w'Intebe aganiriza abarwayi bari ku buriri mu bitaro, abihanganisha ndetse abizeza ko Leta izakomeza kubafasha kubona ubuvuzi bukenewe.
Ibiro ntaramakuru bya Leta ya Kuwait byatangaje ko Sheikh Ahmad yategetse ko hakusanywa ubushobozi bwose bw'abaganga n'ibikoresho bya ngombwa kugira ngo abakomeretse bahabwe ubuvuzi bugezweho kandi bwihuse.
Hagati aho, Minisiteri y'Amashanyarazi ya Kuwait yatangaje ko uruganda rutunganya amazi no kubyazamo amashanyarazi rwongeye kwibasirwa n'igitero igihugu cyashinje Iran, kikaba ari ubwa kabiri mu minsi ibiri. Icyo gitero cyateje inkongi y'umuriro mu bice bimwe by'urwo ruganda ndetse cyangiza ibice bitanga amashanyarazi.
Minisiteri y'Ingabo ya Kuwait na yo yavuze ko ubwirinzi bwo mu kirere bwashoboye kurasa no guhagarika misile n'indege zitagira abapilote (drones) zaturutse muri Iran zari zigamije kwibasira igihugu.
Ku rundi ruhande, igisirikare cya Iran cyasohoye amashusho kivuga ko agaragaza drones zoherezwa ku birindiro bibiri bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri muri Kuwait.
Ibi bitero bikomeje kongera umwuka mubi hagati ya Iran na Amerika, nyuma y'uko Washington iherutse kugaba ibitero ku hantu hatandukanye muri Iran, na ho Tehran ikavuga ko yasubije yibasira ibirindiro bya Amerika biri hirya no hino mu karere.
Nubwo ku wa 17 Kamena impande zombi zari zasinye inyandiko y'ubwumvikane igamije gutangiza ibiganiro by'amahoro, ndetse ibiganiro byo kuyishyira mu bikorwa bigatangirira mu Busuwisi ku wa 21 Kamena, Iran na Amerika ubu bishinjanya kutubahiriza ibyo zari zumvikanyeho, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano w'akarere.