• Amakuru / POLITIKI


Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko rizakomeza umugambi wo gukora imyigaragambyo ku wa 22 Nyakanga, nubwo Perezida Félix Tshisekedi aherutse kwemera gutangiza ibiganiro bya politiki bidaheza.

Ihuriro rya C64, ryateguye iyi myigaragambyo, rivuga ko ritizeye impinduka zatangajwe na Perezida Tshisekedi, rikemeza ko ari igisubizo yatanze kubera igitutu cya politiki aho kuba ubushake bwe.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko igihe atari icyo kwishimira amagambo, ahubwo ari ugusaba ibikorwa bifatika byubahiriza Itegeko Nshinga no gusigasira demokarasi. Bashimangira ko gukomeza imyigaragambyo ari bwo buryo bwo gukomeza gushyira igitutu ku butegetsi mbere y’uko ibiganiro bitangira.

Théophile Mbemba, umwe mu bayobozi b’ishyaka Sauvons la RDC akaba n’umwe mu bafatanyabikorwa ba Joseph Kabila, yavuze ko Perezida Tshisekedi yatinze kwemera ibiganiro kandi ko yabikoze kubera igitutu cyaturutse ku batavuga rumwe na we no ku miryango ya gikirisitu, harimo CENCO na ECC.

Mbemba yavuze ko ibiganiro bidashobora gutangira hatabanje kubaho ingamba zifatika zirimo kurekura imfungwa zose za politiki, gukuraho inzitizi zibangamira imyigaragambyo n’ubwisanzure bw’abaturage, kwemerera abanyapolitiki bari mu buhungiro gutaha no guhagarika imanza zishingiye ku mpamvu za politiki, gusubiza impapuro z’inzira (passports) zafatiriwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ndetse no kubahiriza Itegeko Nshinga n’igihe ntarengwa cya manda ya Perezida.

Abandi bayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi na bo bagaragaje ko bagishidikanya ku cyemezo cya Perezida Tshisekedi. Mike Mukebayi, umwe mu bayobozi b’ihuriro Ensemble, yanditse ku rubuga X ko Perezida Tshisekedi azwiho kwisubiraho ku byo yatangaje, asaba abaturage gukomeza igitutu mbere na nyuma y’itariki ya 22 Nyakanga.

Na Hervé Diakese, umuvugizi w’ishyaka rya Moïse Katumbi, yavuze ko imyigaragambyo iteganyijwe ari uburyo bwo kurengera Itegeko Nshinga no kwamagana umugambi uwo ari wo wose wo kurihindura.

Ku bwe, abaturage ba Congo bagomba kongera kugaragaza ko banga ihindurwa ry’Itegeko Nshinga, ashimangira ko “abarwana bashobora gutsindwa, ariko abatarwana bo baba baratsinzwe mbere.”

Ku wa 22 Nyakanga, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bateganya kongera kwigaragaza mu mihanda, bavuga ko ari uburyo bwo guharanira ko Itegeko Nshinga ryubahirizwa no gusaba impinduka muri politiki y’Igihugu.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments