Ubuyobozi
bw’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo, bwiyemeje gukomeza kubungabunga Umujyi wa Goma, ukarushaho
kuba uwishimirwa n’abawugenderera, ugatandukana n’uwa Kinshasa ukomeje
kuzahazwa n’imiyoborere mibi.
Iri huriro
ryatangaje ibi nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubuyobozi bwaryo
bwakoze igikorwa cyo gutera ibiti muri uyu Mujyi usanzwe ari Icyicaro Gikuru
cyaryo.
Ni igikorwa
cyayobowe n’Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Corneille Nangaa, wari kumwe n’abandi
bayobozi banyuranye muri iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.
Mu butumwa
bwashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka buvuga kuri iki
Gikorwa, yahaye ikaze abantu gusura uyu Mujyi wa Goma “urangwa n’ibiti
bitoshye, aho kongera amashyamba, kurengera ibidukikije, no kubishishikariza
abaturage atari imvugo gusa, ahubwo ari no mu ngiro n’ibikorwa bifatika mu
nyungu z’abariho ubu n’abo mu gihe kizaza.”
Kanyuka
yavuze ko iki gikorwa cyatangijwe n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, gishimangira
“icyerekezo cyayo cy’ubuyobozi bufite intego, bushingiye ku kubungabunga
urusobe rw’ibinyabuzima, kuvugurura ibikorwa byo kwita ku bimera, no guhangana
n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.”
Yakomeje
agira ati “Buri giti giterwa kigaragaza igikorwa cy’inshingano, ishoramari mu
gihe kizaza, n’ikimenyetso cya politiki ishyira inyungu rusange n’iterambere
rirambye mu bikorwa byayo.”
Kanyuka
kandi yavuze ko muri iki gihe, umujyi wa Goma uri kwigaragaza nk’umujyi urangwa
n’ibidukikije, wishimirwa na ba mukerarugendo, kandi urengera ibidukikije,
nk’icyitegererezo cya Kivu y’Amajyaruguru, bigaragaza ko ubuyobozi bw’ibanze,
bushingiye ku gushishikariza abaturage, kurangwa n’imyitwarire myiza no gucunga
neza umutungo w’Igihugu cyabo.
Umuvugizi wa
AFC/M23 yakomeje agira ati “Ku rundi ruhande, Kinshasa ikomeje kuzahazwa
n’ingaruka z’ubuyobozi bubi zirangwa n’imitegekere mibi idasobanutse, iterambere
ry’imijyi ritagenzurwa, no gusesagura umutungo wa leta. Inyerezwa ry’imari ya
leta rikomeje, kutagira politiki nyayo y’ibidukikije, n’ibikorwa by’ingenzi
biteganywa n’inyungu z’abantu bacye bikomeje gushyira mu kaga ahazaza
h’Abanyekongo babarirwa mu mamiliyoni.”
Yavuze kandi
ko ibi bigaragaza ibyerecyezo bibiri bitandukanye hagati ya AFC/M23
n’ubutegetsi bwa Kinshasa, kuko ibice bigenzurwa n’iri Huriro bikomeje kugera
ku iterambere n’umutekano bihamye.