Ingabo zidasanzwe za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko ibitero zagabye hagati ya 6 na 22 Nyakanga 2026 byangije indege nyinshi z’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari mu birindiro byayo bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa IRGC, Gen. Hossein Mohebbi, yavuze ko ibyo bitero byibasiye ibikorwa bya gisirikare bya Amerika, bikangiza indege z’intambara, iz’ubutasi n’izifashishwa mu bikorwa bya gisirikare.
Nk’uko byatangajwe, mu byangiritse harimo indege zitagira abapilote (drones) 17 zakoreshwaga mu butasi no mu bindi bikorwa bya gisirikare.
IRGC yavuze kandi ko yasenye indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-15, indege y’ubutasi ya P-8 Poseidon, indege itwara imizigo ya gisirikare yo mu bwoko bwa C-17 Globemaster III, ndetse n’indege umunani zongera lisansi mu kirere (air refueling aircraft).
Uyu mutwe wa gisirikare wa Iran uvuga ko izi ndege zose zangirijwe mu birindiro bya Amerika biri hirya no hino mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Kugeza ubu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntiraremeza cyangwa ngo ihakane ku mugaragaro ibyo birego bya IRGC, kandi nta makuru yigenga arashobora kwemeza ingano y’ibyangijwe nk’uko Iran ibitangaza.
Ibi birego bije mu gihe umwuka mubi hagati ya Tehran na Washington ukomeje gukaza umurego nyuma y’imirwano n’ibitero byabaye mu byumweru bishize, bikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere.