Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w'Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko atazongera kwitaba Urukiko Rusesa Imanza, avuga ko atarwizeye kandi ko rwamaze gufata icyemezo cyo kumuhamya ibyaha.
Mutamba akurikiranyweho kunyereza miliyoni 14,5 z'Amadolari y'Amerika bivugwa ko yari agenewe Ikigega cy'Indishyi ku Bahohotewe n'ibikorwa by'ingabo za Uganda muri Kisangani (FRIVAO). Icyakora, we akomeje guhakana ibyo aregwa, akavuga ko ari ibirego bifite inkomoko muri politiki.
Mu iburanisha ryabaye ku wa 27 Nyakanga, Mutamba yagaragaje kutishimira uko urubanza rwe ruri kuyoborwa, ashinja urukiko kubogamira ku Bushinjacyaha no kutubahiriza amahame y'ubutabera buboneye.
Nyuma yo kugaragaza ibitekerezo bye imbere y'urukiko, yafashe icyemezo cyo kurusohokamo, atangaza ko atazongera kurwitaba kabone n'iyo rwamukatira igihano cy'urupfu.
Yagize ati: "Nibankatira igihano cy'urupfu, nzanywa ciguë nka Socrates."
Mutamba yavuze kandi ko urubanza aregwamo rushingiye ku mugambi wa politiki wo kumuharabika no kumucecekesha. Yashimangiye ko dosiye ya FRIVAO yongeye gufungurwa nyuma y'uko hari abamurwanya batishimiye ko ashobora kurekurwa.
Uyu munyapolitiki yanavuze ko, kubera ko atakiri Minisitiri cyangwa Guverineri w'Intara, Urukiko Rusesa Imanza rutakagombye kugira ububasha bwo kumuburanisha, bityo ko rutubahiriza amategeko iyo rukomeje kumukurikirana.
Ku ruhande rw'Ubushinjacyaha, bukomeje gushinja Mutamba kunyereza amafaranga ya FRIVAO mu buryo bunyuranyije n'amategeko, ibirego we akomeje guhakana yivuye inyuma.
Urubanza rwe rurakomeje, mu gihe hategerejwe imyanzuro y'urukiko ku birego aregwa.