Ikipe y’u
Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Amavubi U20, ikomeje imyiteguro y’imikino
y’amajonjora y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, aho yakoze
imyitozo kuri FERWAFA Training Center, yitegura urugendo ruzayerekeza muri
Tanzania.
Iyi kipe iri
mu myiteguro ya nyuma mbere y’imikino ya TotalEnergies CAF U-20 Africa Cup of
Nations (AFCON) CECAFA Qualifiers, iteganyijwe kubera muri Tanzania kuva ku wa 15
kugeza ku wa 24 Nzeri 2026. CAF yatangaje ko iri rushanwa rizahuza amakipe
icyenda yo mu karere ka CECAFA, aho amakipe abiri ya mbere azabona itike yo
guhagararira aka karere mu mikino ya nyuma ya AFCON U20 izabera muri Ghana.
Mu itsinda
A, Amavubi U20 yashyizwe hamwe na Tanzania, izakira iri rushanwa, ndetse na Ethiopia.
Ibi bivuze ko u Rwanda rugomba kwitwara neza muri iyi mikino kugira ngo rugire
amahirwe yo gukomeza mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. (
Imikino
izabera i Dar es Salaam, aho Tanzania izaba ikoresha Stade ya Uhuru mu kwakira
iri rushanwa. Ikipe y’u Rwanda izaba ihanganye n’amakipe asanzwe ari mu makipe
akomeye muri ruhago yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, bityo imyiteguro
ikaba ari ingenzi cyane.
Muri iyi
minsi, abakinnyi ba Amavubi U20 bakomeje gukorera hamwe mu myitozo, aho umutoza
n’abamwungirije bari kwibanda ku kunoza imikinire y’ikipe, kongera imbaraga no
gutegura abakinnyi ku buryo bazagera muri Tanzania biteguye guhangana.
Imyitozo
ikorerwa ku kibuga cy’imyotozo cya FERWAFA aho ari kimwe mu byiciro
by’ingenzi byo gutegura ikipe mbere yo gutangira imikino mpuzamahanga.
Abakinnyi baba bafite inshingano zo kwerekana ubushobozi bwabo, mu gihe abatoza
baba bashaka kubona ikipe ishobora gukina nk’umubiri umwe no gukurikiza
amabwiriza ya tekiniki.
Iyi
myiteguro kandi ije nyuma y’igihe FERWAFA ikomeje gushyira imbaraga mu
iterambere ry’umupira w’amaguru w’abato. Mu mwaka wa 2026, amarushanwa ya U20
Elite Premier League yarangiye agaragaje impano nshya, aho Tony FA yegukanye
igikombe mu bahungu.
Kuba Amavubi
U20 ari mu itsinda ririmo igihugu kizakira amarushanwa bituma imikino
itegerezwaho byinshi. Tanzania izaba ifite akarusho ko gukinira imbere
y’abafana bayo, mu gihe Ethiopia nayo izaba ishaka gukomeza guhagararira neza
igihugu cyayo.
Ku Rwanda,
intego nyamukuru ni ugukina neza, kubona amanota ahagije no gushaka umwanya
watuma rikomeza mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.
CAF
yatangaje ko iri rushanwa rizagena amakipe abiri azahagararira akarere ka
Afurika y’Iburasirazuba mu mikino ya nyuma ya TotalEnergies CAF U-20 AFCON
Ghana 2027.