Umuyobozi
Mukuru w'Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryiza ku buzima Tedros Adhanom Ghebreyesus, yageze ku wa
Gatatu i Kinshasa, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Félix Tshisekedi, mu
gihe icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira ku muvuduko uhangayikishije muri Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Uru ni
uruzinduko rwa kabiri rwa Tedros Adhanom Ghebreyesus muri RDC kuva icyorezo cya
Ebola cyatangazwa ku wa 15 Gicurasi. Intego y'urwo ruzinduko ni ugusuzuma uko
ibikorwa byo guhangana n'icyorezo bihagaze no gushimangira ubufatanye hagati ya
Leta ya Congo n'imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubuzima.
Imibare
iheruka yatangajwe na Guverinoma ya RDC igaragaza ko, nyuma y'amezi hafi atatu
icyorezo gitangiye, hamaze kubarurwa abantu 3,874 banduye Ebola, mu gihe 1,751
bamaze guhitanwa n'iyi ndwara.
Mu butumwa
yashyize ku rubuga nkoranyambaga X, Tedros yavuze ko mu duce tumwe twibasiwe
cyane n'icyorezo, umubare w'abandura bashya wikubye kabiri mu cyumweru kimwe
gusa.
Yagize ati: "Birakenewe
ko twongera imbaraga mu buryo bwihutirwa kandi ku rugero runini, mu nzego zose
z'igikorwa cyo kurwanya Ebola, dufatanyije n'abafatanyabikorwa bose."
Mu ruzinduko
rwe i Kinshasa, Tedros yari kumwe na Jean Kaseya, uyobora Ikigo Nyafurika
Gishinzwe Gukumira no Kurwanya Indwara.Jean Kaseya na we yagaragaje impungenge
zikomeye ku muvuduko icyorezo kirimo gukwirakwira, anenga intege nke
zikigaragara mu gukurikirana abantu bahuye n'abarwayi, ibintu bishobora gutuma
ubwandu bukomeza gukwira mu buryo bworoshye.
Icyorezo
kiri kwibasira RDC cyatewe n'ubwoko bwa virusi ya Bundibugyo Ebola, ubwoko
butarabonerwa urukingo rwemewe cyangwa umuti wihariye. Ibi bituma kurwanya iyi
ndwara birushaho kugorana ugereranyije n'ibindi byorezo bya Ebola byabaye
mbere.
Abahanga mu
buzima bavuga ko icyorezo cy'uyu mwaka kimaze kurenga ibindi byose byigeze
guterwa na virusi ya Bundibugyo mu rwego rw'umuvuduko w'ikwirakwira.
Kugeza ubu,
iki ni cyo cyorezo cya kabiri cya Ebola cyahitanye abantu benshi kurusha ibindi
mu mateka, nyuma y'icyabaye muri Afurika y'Iburengerazuba hagati ya 2014 na
2016, cyanduje abantu barenga 28,000 kigahitana abarenga 11,000.
Abayobozi ba
OMS na Africa CDC basanga hakenewe kongerwa ubushobozi bwo gupima abanduye,
gukurikirana abahuye n'abarwayi, gutanga ubuvuzi bwihuse no gushishikariza
abaturage kwihutira kwivuza kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gufata indi
ntera.
Mu gihe
ibikorwa byo guhangana na Ebola bikomeje, amahanga arasabwa gukomeza gutera
inkunga RDC, kuko iki cyorezo gishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima
bw'abaturage no ku mutekano w'akarere niba kidahagaritswe hakiri kare.