Nyuma y’amezi abiri Patrice Talon avuye ku mwanya wa Perezida wa Bénin, yongeye kugaruka ku rwego rwo hejuru muri politiki y'igihugu nyuma yo gutorerwa kuyobora Sena ya Bénin kuri uyu wa Kane.
Patrice
Talon yatorewe mu matora yabereye mu muhezo, ahabwa manda y'imyaka itanu yo
kuyobora uru rwego rushya rw'Inteko Ishinga Amategeko. Aya matora yabaye nyuma
y'icyumweru kimwe gusa Sena imaze ishinzwe ku mugaragaro.
Sena ya
Bénin yashyizweho binyuze mu ivugururwa ry'Itegeko Nshinga ryakozwe mu 2025.
Ubuyobozi bw'igihugu buvuga ko yashinzwe kugira ngo ifashe kugenzura no kunoza
imikorere ya politiki, gushimangira ubumwe bw'igihugu no guteza imbere
iterambere rirambye.
Uru rwego
rugizwe n'abasenateri 25 bashyirwaho na Perezida wa Repubulika Romuald Wadagni,
ndetse rukagira n'abanyamuryango bajyamo ku bw'amategeko.
Mu
banyamuryango ba Sena bajyamo ku bw'amategeko harimo ba Perezida batatu bahoze
bayobora Bénin: Nicéphore Soglo, ubu ufite imyaka 91 akaba yarayoboye igihugu
hagati ya 1991 na 1996; Thomas Boni Yayi, wayoboye Bénin kuva mu 2006 kugeza mu
2016; na Patrice Talon wayoboye igihugu kuva mu 2016 kugeza mu 2026.
Itorwa rya
Talon risobanuwe na bamwe mu basesenguzi nk'ikimenyetso cy'uko akomeje kugira
uruhare rukomeye muri politiki y'igihugu n'ubwo atakiri Perezida wa Repubulika.
Abamushyigikiye bavuga ko uburambe bwe mu buyobozi buzafasha Sena kugera ku
nshingano zayo, zirimo gusuzuma amategeko, gutanga inama ku bibazo bikomeye
by'igihugu no guteza imbere imiyoborere myiza.
Ku rundi
ruhande, hari abavuga ko kugaruka kwe muri politiki ku rwego rwo hejuru
bishobora gukomeza gutuma agira ijambo rikomeye mu miyoborere ya Bénin no mu
byemezo bikomeye bireba ejo hazaza h'igihugu.
Mu myaka iri
imbere, Sena izaba ifite uruhare rukomeye mu kubaka inzego za demokarasi no
gukomeza ibikorwa bigamije guteza imbere ubumwe n'iterambere rya Bénin, mu gihe
Perezida Patrice Talon azaba ayoboye uru rwego rushya mu nshingano zarwo za
mbere.
Like This Post? Related Posts