Inganda
zikora imyenda mu mujyi wa Newcastle, mu burasirazuba bw’Afurika y’Epfo
zikomeje guhura n'ibibazo bikomeye nyuma y'uko ibihumbi by'abakozi b'abimukira
bava mu bindi bihugu basubiye iwabo bitewe n'imyigaragambyo n'ibikorwa
byibasira abanyamahanga.
Mu nganda
nyinshi zikorera muri uwo mujyi wo mu ntara ya KwaZulu-Natal, imashini nyinshi
zidoda imyenda zarahagaze kubera ibura ry'abakozi b'abanyamahanga bahunze nyuma
y'ubukangurambaga bwakozwe n'umutwe urwanya abimukira witwa March and March.
Nk'uko ba
nyiri inganda babitangarije ibiro ntaramakuru bya Reuters, hagati ya 12% na 19%
by'abakozi babo bavuye mu kazi mu gihe imyigaragambyo yari ikomeje. Benshi muri
abo bakozi bakomokaga mu bihugu birimo Eswatini na Lesotho, kandi bari bafite
ubumenyi bwihariye mu kudoda no gutunganya imyenda.
Umutwe wa
March and March ushinja abakozi b'abanyamahanga kugira uruhare mu kuzamura
ubushomeri muri Afurika y'Epfo. Wari washyizeho itariki ntarengwa ya 30 Kamena
isaba abimukira badafite ibyangombwa kuva ku butaka bw'igihugu. Ibyo
byakurikiwe n'amezi menshi y'imyigaragambyo n'ibikorwa byakozwe n'amatsinda
yiyita ay'ubwirinzi, bituma abaturage benshi b'abanyamahanga bahitamo guhunga.
Abakora mu
rwego rw'inganda z'imyenda bavuga ko nubwo abenshi mu bakozi babo ari
Abanya-Afurika y'Epfo, ikibazo gikomeye ari ukubura abantu bemera gukora iyo
mirimo, aho kuba ari uguhitamo gukoresha abanyamahanga.
Ku rundi
ruhande, amashyirahamwe y'abakozi avuga ko ikibazo nyamukuru gishingiye ku
mishahara mike ituma Abanya-Afurika y'Epfo benshi batifuza gukora muri uru
rwego.
Urwego
rw'imyenda i Newcastle rutanga akazi ku bantu bagera ku 15,000, ariko rusanzwe
rwaramaze guhura n'ibibazo birimo ubugenzuzi bwagaragaje kutubahiriza amategeko
agenga umurimo ndetse no kugabanuka kw'ibicuruzwa bitumizwa n'abakiriya.
Izi nganda
nyinshi ziyoborwa n'abashoramari b'Abashinwa bamaze imyaka myinshi bakorera
muri Afurika y'Epfo. Zitunganya imyenda igurishwa cyane cyane n'amaduka akomeye
yo mu gihugu, kandi Guverinoma ifata uru rwego nk'ingenzi mu kugabanya imyenda
itumizwa mu mahanga.
Ba nyiri
inganda baraburira ko niba ikibazo cy'ibura ry'abakozi gikomeje, kikiyongeraho
igabanuka ry'ibicuruzwa bikenewe ku isoko, inganda zimwe zishobora gufunga mu
mezi ari imbere. Ibyo bishobora gutuma abantu benshi batakaza akazi no
kurushaho guhungabanya ubukungu bw'akarere ka Newcastle ndetse n'urwego
rw'inganda z'imyenda muri Afurika y'Epfo muri rusange.
Like This Post? Related Posts