Umuriro ukomeye wadutse mu nyubako ya Abdul Muis Technical Service Building i Jakarta muri Indonesia, utwika amagorofa atandatu yo hejuru, mu gikorwa cyo kuwuzimya cyamaze amasaha hafi ane.
Uyu muriro wadutse ku wa Gatanu nijoro, uhera ku igorofa rya 11 ukwira kugeza ku rya 16, bituma serivisi z’ubutabazi zohereza imodoka n’abakozi benshi kugira ngo bawucunge.
Amashusho yafashwe aho byabereye yagaragaje umuriro ukomeye watwitse igice cyo hejuru cy’iyi nyubako, ndetse ibisigazwa by’ibintu byahiye bigwa hasi mu gihe abashinzwe kuzimya umuriro bari bahanganye n’inkongi.
Abaturage bari hafi y’inyubako bavuze ko babonye umuriro ku gice cyo hejuru cy’inyubako, mbere y’uko ugenda urushaho gukomera ndetse ibice bimwe by’inyubako bitangira kugwa.
Umwe mu baturage yagize ati: “Nabonye umuriro usa n’uw’amabara y’umuhondo ku igorofa ryo hejuru ry’iyi nyubako.”
Undi mutangabuhamya yavuze ko umuriro wari umaze kugabanuka, ariko nyuma ukongera gukara imbere mu nyubako, ibintu bimwe bitangira kugwa hejuru.
Abayobozi ba Jakarta bavuze ko inkongi yatangajwe ahagana saa tatu n’igice z’ijoro ku isaha yaho, maze ikwira mu magorofa atandatu yo hejuru.
Umukozi wakoraga imirimo yo kuvugurura inyubako wari wafatiwe ku igorofa rya 15 yarokowe n’abashinzwe ubutabazi, ahita ajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Tarakan kugira ngo avurwe.
Kugeza ubu, abayobozi bavuze ko nta muntu wari watangajwe ko yapfuye azize iyi nkongi.