Urukiko rwa Kane Mpanabyaha rwa Damascus rwakatiye igihano cy'urupfu uwahoze ari Perezida wa Syria, Bashar al-Assad, adahari, rumuhamya ibyaha byibasiye inyokomuntu n'ibyaha by'intambara. Ni ubwa mbere urukiko rwa Syria ruciriye ku mugaragaro urubanza rukomeye Assad cyangwa umwe mu bari bagize ubutegetsi bwe kuva bwahirikwaga mu Ukuboza 2024.
Urukiko rwafashe iki cyemezo ku wa Kabiri, ruvuga ko Bashar al-Assad yahamijwe uruhare mu bwicanyi bwagambiriwe, ubwicanyi bw'abantu benshi, kwica abana bari munsi y'imyaka 15, ibikorwa by'iyicarubozo ndetse no gushishikariza ubwicanyi, byose byashyizwe mu rwego rw'ibyaha byibasiye inyokomuntu n'ibyaha by'intambara.
Mu gusoma umwanzuro w'urukiko, umucamanza yavuze ko abagize inteko y'abacamanza bose bemeranyije ko Assad ahamwa n'ibyaha byamushinjwaga, bityo agahanishwa igihano cy'urupfu hashingiwe ku mategeko mpanabyaha ya Syria.
Uretse Bashar al-Assad, urukiko rwakatiye urwo gupfa abandi bantu umunani bari bakomeye mu butegetsi bwe, barimo murumuna we Maher al-Assad, uwahoze ari Minisitiri w'Ingabo Fahd al-Freij, n'abandi bayobozi b'inzego z'umutekano.
Muri abo bose, Atef Najib wahoze ayobora urwego rw'umutekano wa politiki mu ntara ya Daraa ni we wenyine wari imbere y'urukiko, mu gihe abandi bari barahungiye hanze y'igihugu.
Najib yahamijwe uruhare mu bikorwa byo guhashya imyigaragambyo yo mu 2011, birimo ifatwa n'iyicarubozo byakorewe ingimbi, ndetse n'ibyaha birimo gukurura intambara y'abaturage, gukoresha nabi ububasha, kunyereza umutungo no kunyereza amafaranga.
Urukiko rwavuze ko ibihano bitandukanye yari yahawe byahujwe, ariko igihano cy'urupfu kikaba ari cyo gikomeye kurusha ibindi.
Bashar al-Assad yabaye Perezida wa Syria kuva mu 2000 kugeza mu Ukuboza 2024, ubwo ingabo z'abatavuga rumwe n'ubutegetsi zafata umurwa mukuru Damascus zigahirika ubutegetsi bwe.
Nyuma y'uko ubutegetsi bwe buvuyeho, Assad na murumuna we Maher bahungiye mu Burusiya, aho baherewe ubuhungiro. Abayobozi bashya ba Syria basabye ko bombi boherezwa mu gihugu kugira ngo bakurikiranwe n'ubutabera.
Kugeza ubu, Bashar al-Assad n'abandi bakatiwe ntibaragira icyo batangaza ku mwanzuro w'urukiko.
Uyu mwanzuro ufatwa nk'uwa mbere ukomeye cyane mu manza zatangijwe n'ubuyobozi bushya bwa Syria bugamije gukurikirana abayobozi b'ubutegetsi bwa Assad.
Ubutegetsi bwa Perezida Ahmad al-Sharaa bwatangaje ko izi manza zigize gahunda y'ubutabera bw'inzibacyuho, igamije gukurikirana abakekwaho ibyaha bikomeye byakozwe mu gihe cy'ubutegetsi bwabanje no gutanga ubutabera ku bahohotewe.
Urubanza rwa Bashar al-Assad rukomeje gukurura amaso y'amahanga, kuko ari rwo rwa mbere rugaragaje ku mugaragaro ko uwahoze ayobora Syria yahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu n'ibyaha by'intambara n'urukiko rwo muri icyo gihugu.