Mu mijyi
itandukanye y’Uburayi, abantu benshi bari bamaze iminsi bitegura kureba ubwirakabiri
bw’izuba, ariko amasaha make mbere y’uko bubaho, amadarubindi yabugenewe yo kureberamo
izuba yatangiye kubura mu maduka menshi.
I Paris, mu
Bufaransa, abakiriya bamwe bategereje amasaha arenga abiri imbere y’iduka
ryihariye riri ku muhanda wa Rue de Rivoli, bashaka kubona ayo madarubindi
mbere y’uko ubwirakabiri butangira.
I Londres mu
Bwongereza, umwe mu bacuruzi yafashe icyemezo cyo kugabanya umubare
w’amadarubindi umuntu ashobora kugura, yemera rumwe gusa kuri buri muntu. Icyo
gihe yari asigaranye hafi 100 gusa, mu gihe abakiriya bakomeje kuyashaka ari
benshi.
I Bruxelles
mu Bubiligi, opticien Fouad Mehdaoui we yakiriye abantu benshi bakoresheje
telefoni, abashyira ku rutonde rw’abategereje nyuma yo kubona andi madarubindi
yari yongewe mu bubiko ku munota wa nyuma.
Umurongo
w’ahazagaragara ubwirakabiri bwuzuye uzanyura mu bice byo mu majyaruguru ya
Espagne, Portugal, Iceland, Greenland no mu majyaruguru y’u Burusiya.
I Londres,
biteganyijwe ko hafi 90% by’izuba bizatwikira, bigatuma umwijima udasanzwe
ugaragara mu gihe gito.
Muri
Espagne, amadarubindi yemewe yo kureberamo ubwirakabiri ari kugurishwa hagati
ya €3 na €4 kuri rimwe muri amwe muri farumasi zo hagati mu mujyi wa Madrid.
Mu
Bufaransa, ibiciro biri hagati ya €1,50 na €5,95 bitewe n’aho agurishwa
n’ubwoko bw’amadarubindi.
Ubwirakabiri
ntibuzagira ingaruka ku bantu bareba ikirere gusa. Umusaruro w’amashanyarazi
akomoka ku mirasire y’izuba nawo uzagabanuka by’agateganyo mu Burayi.
Ikigo
ENTSO-E, gihuza abacunga imiyoboro y’amashanyarazi y’i Burayi, cyagereranyije
ko umusaruro w’amashanyarazi akomoka ku zuba ushobora kugabanuka kugera kuri 9,7
gigawatts mu gihe cy’ubwirakabiri, cyane cyane mu bihugu nka Espagne n’u
Budage.
Mu
Bufaransa, igabanuka riteganyijwe rishobora kugera kuri 1,8 gigawatt, mu gihe
mu Budage rishobora kugera kuri 2 gigawatts.
Nubwo
igabanuka ry’umusaruro w’amashanyarazi akomoka ku zuba rishobora kuba rinini mu
gihe gito, abacunga imiyoboro y’amashanyarazi bavuga ko nta kibazo gikomeye
cy’itangwa ry’amashanyarazi giteganyijwe.
Ibihugu
byateguye amashanyarazi y’inyongera ashobora guhita akoreshwa mu gihe umusaruro
w’amashanyarazi akomoka ku zuba ugabanutse.
Ibi bituma
ubwirakabiri bw’izuba butaba ikibazo ku mutekano w’amashanyarazi, nubwo ari
ikigeragezo ku buryo imiyoboro y’amashanyarazi y’i Burayi ishobora guhindura
vuba isoko ry’amashanyarazi hagati y’umusaruro w’izuba ugabanuka n’uw’andi
masoko.
Mu gihe
abashakashatsi n’abacunga amashanyarazi bitegura ingaruka z’ubwirakabiri,
abaturage bo baracyakomeje gushaka amadarubindi yabugenewe.
Imirongo
miremire i Paris, kugabanyirizwa umubare w’amadarubindi umuntu ashobora kugura
i Londres ndetse n’urutonde rw’abategereje i Bruxelles byose bigaragaza ubwinshi
bw’abantu bashaka kwirebera iki gikorwa kidasanzwe cy’ikirere.
Abahanga
bakomeza kwibutsa abantu ko kureba izuba mu buryo butarimo uburinzi bukwiye
bishobora kwangiza amaso, bityo umuntu wese ushaka kureba ubwirakabiri akaba
agomba gukoresha amadarubindi yemewe yabugenewe, aho gukoresha amadarubindi
asanzwe y’izuba cyangwa ibindi bikoresho bidafite ubwirinzi bukwiye.