• Amakuru / POLITIKI

Perezida wa Uganda akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Yoweri Kaguta Museveni, yakiriye Brig. Gen. Ronald Rwivanga, Umuyobozi w’Umutwe  w’ Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye,  Eastern Africa Standby Force (EASF), ku Ngoro ya Perezida i State House, Entebbe.

Brig. Gen. Rwivanga yaganiriye na  Perezida Museveni ku bikorwa bya EASF ndetse n’ingamba zikomeje gushyirwaho mu rwego rwo gukomeza inzego z’umutekano n’amahoro mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Mu biganiro byabo, hibanzwe ku kamaro ko kugira umutwe w’ingabo w’akarere ushobora gutabara mu gihe habayeho ibibazo bikomeye by’umutekano, amakimbirane cyangwa ibibazo by’ubutabazi bisaba ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere.

Perezida Museveni yavuze ko nk’umuyobozi wa EAC, azaganira n’abandi bakuru b’ibihugu bigize uyu muryango ku buryo EASF yarushaho gukomera no kugira ubushobozi buhagije bwo guhangana n’ibibazo by’umutekano n’ubutabazi bishobora kuvuka mu karere.

Yagaragaje ko imwe mu ntambwe z’ingenzi ari ugusubizaho inama y’abakuru b’ibihugu birebwa na EASF, kuko iyo nama itaheruka guterana kuva mu 2014.

Museveni yavuze ko azashaka ko iyo nama yongera guterana kugira ngo abayobozi b’ibihugu baganire ku buryo bwo kuvugurura no gushimangira ubushobozi bwa EASF.

EASF ni uburyo ibihugu byo mu karere byashyizeho mu rwego rwo kugira ubushobozi bwo gufatanya mu guhangana n’ibibazo by’umutekano, harimo amakimbirane, ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’ibindi bibazo bishobora guhungabanya umutekano w’akarere.

Intego ni ukugira umutwe ushobora gutegurwa no koherezwa igihe bibaye ngombwa, hashingiwe ku byemezo by’inzego zibifitiye ububasha.

Mu gihe akarere k’Afurika y’Iburasirazuba gakomeje guhura n’ibibazo bitandukanye by’umutekano, birimo amakimbirane yitwaje intwaro, imitwe yitwaje intwaro, kwimurwa kw’abaturage ndetse n’ibibazo by’ubutabazi, kugira ubushobozi bwo gutabara ku rwego rw’akarere bifatwa nk’ikintu cy’ingenzi.

Perezida Museveni yavuze ko azakoresha umwanya afite nk’Umuyobozi wa EAC mu kuganira na bagenzi be, kugira ngo haboneke ubushake bwa politiki n’ubufasha bukenewe mu gukomeza EASF.

Yashimangiye ko uyu mutwe ugomba guhabwa ibikoresho, ubushobozi n’inkunga bihagije kugira ngo ushobore kuzuza inshingano zo guhangana n’ibibazo by’umutekano n’ubutabazi mu karere.

Ibi kandi bije mu gihe ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba bikomeje gushaka uburyo bwo kwishakamo ibisubizo ku bibazo by’umutekano, aho ubufatanye mu nzego za gisirikare, ubutasi, dipolomasi n’ubutabazi bukomeje gufatwa nk’inkingi y’umutekano w’akarere.

Ibiganiro bya  Brig. Gen. Ronald Rwivanga na  Perezida Museveni bigaragaza ko EASF ikomeje gushaka ubufasha bwa politiki n’ubushobozi kugira ngo irusheho gukora neza.

Ku ruhande rwa Perezida Museveni, gushyigikira EASF bishobora kuba imwe mu ngamba zo gukomeza ubufatanye bw’ibihugu bigize EAC no gushaka uburyo akarere kagira ubushobozi bwihariye bwo gukemura ibibazo by’umutekano n’ubutabazi.

Museveni yavuze ko azakomeza kuganira n’abandi bayobozi b’ibihugu kugira ngo inama y’abakuru b’ibihugu ya EASF yongere guterana nyuma y’imyaka isaga icumi idateranye, ndetse hashyirweho uburyo bwo kongera ubushobozi bw’uyu mutwe.

Ibiganiro by’i Entebbe rero byibanze ku ngingo ifite akamaro kanini ku karere: kubaka ubushobozi bw’Afurika y’Iburasirazuba bwo kwirindira umutekano, guhangana n’amakimbirane no gutabara abaturage mu gihe habaye ibiza cyangwa ibibazo by’ubutabazi.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments