Abaturage
batuye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa kiyombe, Akagali ka Karujumba bariwe
n'imbwebwe, batanu barakomereka.
Izi
mbwebwe zatangiye kurya abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Kanama 2026,
ubwo bazindukaga bajya mu mirimo yabo ya buri munsi bamwe zibategera mu nzira
abandi zibasanga mu ngo.
Nyirantashya
Betty ni umwe mu baturage bariwe n'izi mbwebwe, aganira na n’umunyamakuru yamubwiye uko byagenze.
Ati"
Mu gitondo nahuye n'umugabo witwa Karimuhinzi arambwira ngo 'imbwebwe
iramuriye' nange nakomeje ndagenda, bigeze saa Cyenda ngarutse nsanga imaze
kurya unukozi we ku jisho, nange nibwo yagarutse inyuma indya ku kuboko."
Nshimiyimana
Janvier nawe zaririye umwana we w'imyaka ibiri avuga ko yarari ku murenge
bamuhamagara bamubwira ko umwana we imbwebwe imuriye.
Ati"
Narindi mu nama ku Murenge barampamagara ngo umwana wange imbwebwe iramuriye,
nahise niruka mujyana ku kigo nderabuzima cya cyondo batwohereje ku bitaro bya Rwebare, tugezeyo bamuvuye
bamwitaho."
Meya
w'Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, abajijwe kuri iki kibazo yabwiye
umunyamakuru ko hari Ikigo gishinzwe kwishyura ibyangijwe n'inyamanswa bityo ko
n'abaturage bakwiye kucyegera bakavuzwa nkuko bikwiye.
Abariwe
n'izi mbwebwe ni batanu, bose bakomeretsa ntawapfuye kuko bose bihutiye ku igo nderabuzima
bahabwa ubufasha bwihuse ubu bakaba bameze neza
Like This Post? Related Posts