• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umunyamakuru Murindahabi Iréné yasabye anakwa Nishimwe Liliane mu birori by’ubukwe byabereye ku Gisozi muri Intare Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2026.

Murindahabi wamamaye cyane mu nkuru z’imyidagaduro nka M. Iréné yakoze ubukwe nyuma yo gusezerana mu mategeko tariki  11 Kanama 2026 mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana.

Ubukwe bwa Murindahabi na Nishimwe bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye mu Rwanda biri mu ngeri zitandukanye birangajwe imbere na Hon. Bamporiki Edouard wari mu basaza basabira Murindahabi.

Ibindi byamamare byitabiriye ibi birori birimo Phil Peter, Rumaga, MC Nario, Rocky Kimomo, Chris Eazzy, Tito Kimenyi, Reagan Rugaju, Sam Zuby, Fally Merci na Mahoro Nasri ni bamwe mu bari bambariye Murindahabi ndetse n’ibindi byamamare nka Coach Gael, Bruce Melodie, Fuadi, Tidjara Kabendera, Micky na Aga, Inkindi Aisha, Dj Crush, Judy, Tonalite, Dogiteri Nsabi, Sankara, Gerard Mbabazi, Rufonsina, Mariya Yohana wari nyirasenge w’umugeni n’ibindi byinshi.

Uretse umuhango wo gusaba no gukwa, aba bombi banasezeranye imbere y’Imana kubana akaramata mu rusengero rwa Kigali Christian Assembly Church ruherereye i Gikondo.

Muri ubu bukwe, Murindahabi yanerekanye umukobwa we w’imfura witwa Uteterase Irera Murindahabi Vigzilla.

Murindahabi ni umwe mu banyamakuru bakomeye mu itangazamakuru ry’imyidagaduro aho yamenyekanye by’umwihariko ku muyoboro we wa YouTube witwa MI Empire iri mu miyoboro micye ifite abayikurikira (Subscribers) barenga miliyoni mu Rwanda ndetse kuri uyu muyoboro niho haciye ubu bukwe imbonankubone (Live).

Murindahabi yanakoreye ibitangazamakuru birimo Magic FC, Isango Star ari naho yamenyekanye cyane ndetse n’Isibo TV.

Murindahabi kandi yamenyekanye mu kuzamura no gukorana n’abahanzi abareberera inyungu (Manager) aho yakoranye n’abarimo Niyo Bosco, n’abavandimwe Vestine na Dorcas baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana.

 








































Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments