• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Iran yasabye Qatar kurekura abapilote batatu b’indege z’intambara ivuga ko bafashwe n’iki gihugu nyuma y’uko indege ebyiri za Iran zahanurwaga n’ubwirinzi bwo mu kirere bwa Qatar mu ntangiriro z’intambara yahuje Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki kibazo cyongeye kuvugwa cyane nyuma y’uko Brig. Gen. Mohammad Bagherzadeh, umuyobozi mu ngabo za Iran ushinzwe gushakisha abantu baburiwe irengero, yandikiye Umuryango mpuzamahanga wa Croix rouge asaba ko aba basirikare barekurwa kandi hakamenyekana aho bari.

Mu ibaruwa yagejejwe kuri Perezida wa ICRC, Mirjana Spoljaric, Brig. Gen. Bagherzadeh yavuze ko abapilote Javad Salehi, Abdul Majid Dashtian na Imran Behroshian bamaze hafi amezi atandatu bafunzwe na Qatar.

Yavuze ko aba bapilote bari mu butumwa bwa gisirikare bwari bugamije kugaba igitero ku kigo cya gisirikare cya Qatar, ariko indege zabo zikaza kwibasirwa n’ubwirinzi bwo mu kirere.

Iran ivuga ko abo bapilote bashoboye gusohoka mu ndege zabo mbere y’uko zihanurwa, ariko ko nyuma yaho bafashwe n’inzego za Qatar.

Brig. Gen. Bagherzadeh kandi yavuze ko abo bapilote batemerewe kuvugana cyangwa guhura n’imiryango yabo mu gihe bamaze bafunzwe.

Iran yavuze ko hari n’undi mupilote Majid Kazemi, wari kumwe n’abo batatu muri icyo gikorwa, ariko we akaba yarapfuye ubwo indege ye yahanurwaga.

Umubiri we ngo wasubijwe muri Iran nyuma y’uko apfuye ku wa 2 Werurwe 2026, ku munsi wa gatatu w’intambara.

Iran ivuga ko kuba umubiri w’uyu muderevu warabonetse ari kimwe mu bimenyetso by’uko icyo gikorwa cyabayeho, ariko ikibazo cy’abandi batatu kikaba kigikeneye ibisobanuro.

Qatar yahakanye burundu amakuru avuga ko yafashe abo bapilotebatatu.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Majed Mohammed Al Ansari, yavuze ko igihugu cye cyatunguwe n’ibyo yise amakuru ayobya abantu.

Qatar ivuga ko bapilote bari binjiye mu kirere cyayo mu buryo butemewe, bityo ko igihugu cyafashe ingamba zo kurinda ubusugire bw’ubutaka n’ikirere cyacyo, hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.

Al Ansari yavuze ko Qatar yakoze ibishoboka byose mu gushakisha abo bapilote nyuma y’uko indege zahanurwaga.

Umuvugizi wa Qatar yavuze ko amakipe yo gushakisha no gutabara yakoze inshingano zayo mu gushakisha ibisigazwa by’abari muri izo ndege.

Qatar ivuga ko yabashije kubona ibisigazwa by’umupilote umwe, ari na byo byaje gutegurirwa gusubizwa Iran.

Al Ansari yavuze ko Qatar yavuganye na Iran kugira ngo hategurwe uburyo bwo gushyikiriza Iran ibisigazwa by’umupilote wari wabonetse.

Ariko Qatar ihakana ko hari abandi bapilote batatu yafashe cyangwa ifunze.

Nyuma y’ibi, Brig. Gen. Bagherzadeh yongeye gusaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku byabaye.

Ku Cyumweru, yabwiye ikinyamakuru Tasnim, gikorera hafi y’ubutegetsi bwa Iran, ko Qatar ikwiye kwemerera itsinda ry’abashakashatsi b’Abanyairani kujya ku butaka bwa Qatar kugira ngo bakore iperereza ku byabaye.

Yavuze ko Iran yari imaze igihe isaba kohereza itsinda ryayo muri Qatar, ariko ko ngo ryari ryarabujijwe kwinjira muri icyo gihugu.

Ku ruhande rwa Qatar, Al Ansari yahakanye ko igihugu cye cyanze ubufatanye.

Yavuze ko Qatar yari yaratumiye itsinda ry’Abanya-irani kujya muri icyo gihugu muri Mata 2026, kugira ngo barebe ibyavuye mu bikorwa byo gushakisha no gutabara byakozwe nyuma y’ihanurwa ry’indege.

Ariko Qatar ivuga ko kugeza ubu Tehran itarasubiza kuri iryo tumira.

Ibi bituma impande zombi zitanga ibisobanuro bitandukanye ku cyabaye ndetse no ku byerekeye aho abaderevu batatu bavuga ko baburiwe irengero bari.

Iran yahisemo kugeza ikibazo kuri International Committee of the Red Cross, umuryango mpuzamahanga ugira uruhare mu kurengera abantu bafunzwe cyangwa bagizweho ingaruka n’intambara.

Mu ibaruwa ye, Brig. Gen. Bagherzadeh yasabye ubuyobozi bwa ICRC gukurikirana ikibazo cy’abo bapilote no kureba niba uburenganzira bwabo bwubahirizwa.

Iran ishinja Qatar kuba yarahonyoye uburenganzira bw’abo basirikare, cyane cyane kuba ngo batemerewe kuvugana n’imiryango yabo.

Qatar yo ikomeje kuvuga ko nta bapilote batatu b’iran ifunze, bityo ko ibyo birego bidafite ishingiro.

Iki kibazo gikomoka ku bikorwa bya gisirikare byo ku wa 2 Werurwe 2026, ubwo intambara hagati ya Iran na Amerika yari ikiri mu ntangiriro.

Iran ivuga ko indege zayo zari mu butumwa bwa gisirikare, ariko Qatar ikavuga ko indege zarenze ku kirere cyayo kandi ko yagombaga gufata ingamba zo kukirinda.

Kugeza ubu, ikibazo cy’abo bapilote batatu gikomeje kuba impaka hagati ya Tehran na Doha.

Iran ivuga ko Javad Salehi, Abdul Majid Dashtian na Imran Behroshian ari bazima kandi bafungiwe muri Qatar, mu gihe Qatar ihakana ko yabafashe cyangwa ibafunze. Qatar ahubwo ivuga ko yabonye ibisigazwa by’umupilote umwe gusa, kandi ko yari yiteguye gukorana na Iran mu gusangira amakuru ku byavuye mu bikorwa byo gushakisha no gutabara.

Iki kibazo gishobora gukomeza kugira uruhare mu mubano hagati ya Iran na Qatar, cyane cyane mu gihe hakiri impungenge z’umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse n’ibibazo by’abasirikare n’abasivili baburiwe irengero nyuma y’ibikorwa bya gisirikare.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments