Abaturage bo mu mujyi wa Niebla, mu majyepfo ya Espagne, basezeye mu mashyi no mu byishimo abasirikare bo mu Mutwe w’Ingabo Ushinzwe Ubutabazi mu Bihe by’Ibiza (UME), nyuma y’iminsi 10 bamaze bahangana n’inkongi y’umuriro ukomeye.
Amashusho yagaragaje abaturage buzuye ku mihanda, bakoma amashyi kandi batera hejuru ubwo imodoka zitwaye abasirikare ba UME zatambukaga mu mujyi ubwo bari batangiye kuhava.
Iyo nkongi yatangiye ku wa 6 Kanama mu gace ka Raboconejo, mu karere ka Huelva, itwika hegitari zisaga 38,000, ikagira uburebure bw’umupaka w’aho umuriro wageze bugera kuri kilometero 210.
Iyo nkongi yabaye imwe mu zikomeye kandi zangije byinshi muri Espagne muri iyi mpeshyi. Kugeza ku wa 12 Kanama, inkongi zitandukanye zari zimaze gutwika hegitari zisaga 226,000 muri iki gihugu.
Abaturage basezeye ingabo nyuma y’iminsi myinshi y’akazi gakomeye karanzwe n’umuriro ukaze, kwimura abaturage ndetse n’ibihe bikomeye byatumye abayobozi bavuga ko guhangana n’inkongi ya Niebla byarenze ubushobozi busanzwe bwo kuyizimya.
Nyuma y’uko umuriro utangiye kugenzurwa, ubuyobozi bwagabanyije urwego rw’ibihe bidasanzwe rw’ubutabazi ruva ku rwego rwa kabiri rugera ku rwa mbere, bituma abasirikare ba UME batangira gusubira mu bice byabo.
Nubwo umuriro watangajwe ko wagenzuwe, akaga ntikararangira burundu. Hari ahakigaragara imyotsi n’umuriro muto munsi y’ivu, ndetse abashinzwe kuzimya umuriro bavuga ko bishobora gufata ibyumweru byinshi kugira ngo uzime burundu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Niebla bwari bwahamagariye abaturage kujya mu mihanda gusezera ku basirikare, bubashimira akazi bakoze mu gihe cy’akaga.
Abantu 417 bari barimuwe mu ngo zabo kubera iyo nkongi na bo bemerewe gusubira mu byabo nyuma y’uko ibintu bitangiye gutuza.
Abashinzwe kuzimya umuriro baracyari ku butaka, aho bakomeje guhangana n’ahakigaragara ubushyuhe bwinshi no gukonjesha ibice byahiye.