Abakuru b’ ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu
w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) bunamiye Oliver Reginald Tambo,
umwe mu bantu bakomeye bagize uruhare mu rugamba rwo kurwanya ivangura
n’ubutegetsi bwa Apartheid muri Afurika y’Epfo.
Uyu muhango
wabaye mu rwego rwo kwibuka umurage wa Tambo, wari umwe mu bayobozi bakomeye
b’umuryango African National Congress (ANC) ndetse akaba yaragize uruhare rukomeye
mu rugamba rwo guharanira ubwisanzure n’uburinganire muri Afurika y’Epfo.
Oliver Tambo
yabaye umwe mu bayobozi bakomeye b’urugamba rwo kurwanya Apartheid, gahunda
y’ivangura rishingiye ku moko yariho muri Afurika y’Epfo imyaka myinshi.
Yabaye
umuyobozi mukuru wa ANC mu gihe kinini, cyane cyane mu myaka ubwo uwo muryango
wari warabujijwe gukorera imbere mu gihugu. Icyo gihe Tambo yakomeje kuyobora
ibikorwa bya ANC ari hanze ya Afurika y’Epfo, asaba amahanga gushyira igitutu
kuri Leta ya Apartheid.
Tambo kandi
yari umufatanyabikorwa wa hafi wa Nelson Mandela, kandi bombi bagize uruhare mu
kubaka ANC nk’umuryango w’ingenzi mu rugamba rwo guharanira ubwisanzure.
Abayobozi ba
SADC bagaragaje ko umurage wa Oliver Tambo utareba Afurika y’Epfo gusa, ahubwo
ko ufite akamaro ku karere kose ka Afurika y’Amajyepfo.
Mu gihe
cy’urugamba rwo kurwanya Apartheid, ibihugu byinshi byo muri Afurika
y’Amajyepfo byafashije abarwanashyaka ba ANC ndetse n’indi mitwe yarwanyaga
ivangura.
Ibi byatumye
urugamba rwo muri Afurika y’Epfo ruba ikibazo cy’akarere, aho ibihugu byinshi
byasabaga ko ubutegetsi bwa Apartheid burangira.
Umuryango wa
SADC washyize imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byo mu karere mu guharanira
amahoro, umutekano n’iterambere.
Kunamira
Oliver Tambo byabaye n’umwanya wo kwibuka uruhare rw’abayobozi n’abaturage bo
mu bihugu bitandukanye bagize uruhare mu rugamba rwo gukuraho Apartheid.
Abayobozi
bagaragaje ko amateka y’urugamba rwo kurwanya ivangura akwiye gukomeza
kwigishwa ibisekuru bishya, kugira ngo bumve igiciro cy’ubwisanzure n’akamaro
ko kurwanya ivangura iryo ari ryo ryose.
Mu gihe yari
ayoboye ANC ari hanze y’igihugu, Oliver Tambo yagendaga mu bihugu bitandukanye
asaba inkunga ya politiki na dipolomasi yo kurwanya Apartheid.
Yagize
uruhare mu gushaka ko Afurika y’Epfo ihabwa igitutu ku rwego mpuzamahanga,
ndetse asaba ibihugu guhagarika imikoranire yafashaga ubutegetsi bwa Apartheid
gukomeza kubaho.
Nyuma y’uko
Apartheid irangiye, umurage we wakomeje gufatwa nk’igice cy’amateka y’urugamba
rwo kubaka Afurika y’Epfo ishingiye ku demokarasi, uburinganire n’ubwiyunge.
Abayobozi ba
SADC kandi bagaragaje ko kwibuka abantu nka Oliver Tambo bifasha urubyiruko
kumenya amateka y’umugabane wa Afurika.
Bashimangiye
ko ibisekuru bishya bifite inshingano zo kurinda ibyo ababanjirije bagezeho,
birimo amahoro, ubwisanzure, ubufatanye bw’ibihugu no kubaha uburenganzira bwa
muntu.
Oliver
Reginald Tambo, umwe mu bayobozi bakomeye b’ishyaka ANC muri Afurika y’Epfo
akaba n’umwe mu barwanyije cyane Apartheid, yapfuye ku wa 24 Mata 1993, afite
imyaka 75 aguye mu bitaro bya Milpark Hospital, Johannesburg azize indwara y’umutima
na Stroke