• Amakuru / POLITIKI

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo  yanenze uw’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Patrick Muyaya  wifashishije ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu Gatumba mu Burundi, akavuga ko u Rwanda rubukoresha mu mpamvu za Politiki, amusaba kudakoresha umunsi wo kwibuka izo nzirakarengane nk’urubuga rwo kwibasira u Rwanda.

Ni nyuma yuko kuri iki Cyumweru tariki 16 Kanama, Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, akaba Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, anyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, akagaruka ku gikorwa cyo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba.

Muyaya wagendeye ku butumwa buherutse gutangirwa mu muhango wo kwibuka aba Banyamulenge wakozwe na bene wabo baba mu Rwanda, yavuze ko ibyatangarijwemo bitari bikwiye.

Muyaya yavuze ko ngo “Abanyamulenge si Abanyarwanda bo muri Congo, ahubwo ni Abanyekongo nk’abandi Banyekongo bagize imiryango migari igize Igihugu cyacu.”

Muri uriya muhango wakozwe n’Abanyamulenge baba mu Rwanda, urubyiruko rw’aba Banyekongo rwibukijwe ko ari rwo ruzagira uruhare mu kurandura akarengane gakomeje gukorerwa benewabo, kandi ko bazabigeraho bakoresheje imbaraga zose zishoboka kabone n’iyo byabasaba gufata intwaro kuko ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Congo bwanze kunamura icumu kandi bugakoresha imitwe yitwaje intwaro nka FDLR.

Muyaya agendeye kuri ubu butumwa, yavuze ko u Rwanda rukoresha buriya bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu nkambi ya Gatumba, nk’igikoresho cya politiki yo kwibasira Congo.

Mu magambo aremereye yuzuye imvugo zidakwiye muri politiki, Muyaya yakomeje ashinja u Rwanda ibinyoma ko ngo rukoresha imitwe nka M23, Twirwaneho na RED-Tabara mu guteza ibibazo muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yasabye Patrick Muyaya kudakomeza gukoresha imvugo zuzuye “uburozi” agendeye ku munsi wo kwibuka inzirakarengane z’abiciwe mu Gatumba nk’urubuga rwo kwibasira u Rwanda.

Yolande Makolo yibukije ko “Abanyamulenge bishwe muri 2004 bikozwe n’inshuti za Congo ari zo Abarundi, bari Abanyekongo.” Aho kuba bakwitwa Abanyarwanda nk’uko Muyaya yavuze ko u Rwanda rubitwaza ngo rwibasire Congo.

Umuvugizi w’u Rwanda yakomeje agira ati “Kubibuka si igikoresho cya Politiki cy’ubutegetsi bwa Kinshasa, ndetse ntibikwiye kuba igikoresho cyo kuba umutwe wa FDLR ufashwa na Kinshasa n’abandi bajenosideri bakidegembya ku butaka bwa DRD mu kurenga ku masezerano y’amahoro ya Washington.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yibukije ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kudakomeza kugoreka ukuri ku mpamvu muzi y’ibibazo by’umutekano mucye byokamye uburasirazuba bwa kiriya Gihugu, abusaba kudakomeza ku kubizanamo amacenga.

 

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yongeye  kunenga Patrick Muyaya ukunda kwibasira u Rwanda 


Patrick Muyaya  Ukunda kwitwaza ibintu byinshi by'ibinyoma yibasira u Rwanda 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments