Umuhanzi
w’icyamamare muri Nigeria mu njyana ya Afrobeats Divine Ikubor uzwi cyane ku izina rya Rema
yavuze ko umuziki wa Afrobeats utazatera imbere niba abahanzi bawukora bakomeje
gukora gusa indirimbo zihuje n’ibyo abafana basanzwe bakunda.
Rema
yabivugiye mu gitaramo yakoze muri iyi minsi, ashimangira ko umuhanzi agomba
kugira ubwisanzure bwo guhanga, akabanza gukora umuziki awumva kandi akunda,
aho gukora buri gihe agamije gushimisha abafana.
Mu ijambo
rye Rema yavuze ko atita cyane ku byo abantu bavuga ku muziki we cyangwa niba
ibyo akora bihita bikundwa n’abafana.
Yagize ati:“Sinita
ku byo muvuga kuri njye. Sinita niba mukunda ibyo nkunda. Ariko nkora umuziki
nkunda mbere y’uko namwe muwukunda.”
Yavuze kandi
ko aramutse ahisemo guhora akora ibyo abafana ba Afrobeats bifuza gusa, uwo
muziki utazagira aho ugera mu iterambere.
Yongeyeho ko
yumva afite inshingano zo gufasha Afrobeats gukomeza kwaguka no kugera ku rwego
rushya.
Mu ijambo
rye Rema yagaragaje ko yiyita “Prince of Afrobeats”, avuga ko afite inshingano
zo gutanga umusanzu mu guteza imbere iyi njyana.
Yagize ati:“Ndi
igikomangoma cya Afrobeats ”
Yavuze ko
atifuza ko Afrobeats iguma mu buryo bumwe cyangwa ko abahanzi bahora basubiramo
ibyo abafana bamenyereye.
Ku bwe,
umuziki ugomba guhora uhinduka, abahanzi bakagerageza amajwi mashya kandi
bakagira ubutwari bwo gukora ibintu bishya.
Ibyo Rema
yavuze bije mu gihe hari impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga ku cyerekezo Afrobeats
iri gufata.
Bamwe mu
bafana gakondo b’iyi njyana bavuga ko abahanzi benshi batangiye kwinjizamo
cyane amajwi n’imyemerere y’izindi njyana zo hanze, mu rwego rwo gushaka
kumenyekana ku isoko mpuzamahanga.
Abo bafana
bavuga ko ibyo bishobora gutuma Afrobeats itakaza umwimerere wayo ndetse
n’ibiranga umuziki w’Afurika.
Hari
abagaragaza ko abahanzi bakwiye gukomeza kubakira ku mizi ya Afrobeats, aho
guhindura cyane umuziki wabo kugira ngo ushimishe abafana bo mu bindi bice
by’isi.
Nubwo hari
abanenga iyo nzira abahanzi benshi ba Afrobeats bakomeje gukora indirimbo
n’amalubumu bifitemo uruhare runini rw’izindi njyana.
Abahanzi bo
muri Nigeria no mu bindi bihugu bya Afurika bakomeje gukorana n’abahanzi
mpuzamahanga, gukoresha uburyo bushya bw’umuziki no kuvanga Afrobeats na hip-hop,
R&B, dancehall, pop ndetse n’izindi njyana.
Ibi
byafashije Afrobeats gukomeza kwaguka ku isoko mpuzamahanga, ariko nanone
bituma havuka ikibazo cyo kumenya niba iyo njyana ikomeza kuba ifite umwimerere
wayo w’Afurika cyangwa niba iri guhinduka ikaba umuziki mpuzamahanga gusa.
Rema we asa
n’ushaka gufata inzira y’umuhanzi ufite icyerekezo cye bwite aho gutegereza
kumenya ibyo abafana bashaka mbere yo gukora indirimbo.
Avuga ko
umuhanzi ashobora gukora ikintu gishya abantu batamenyereye, ariko nyuma
bakazagenda bakimenyera ndetse bakagikunda.
Ni
igitekerezo cyagiye kigaragara no mu bikorwa bye bya muzika, aho yagiye
agerageza amajwi atandukanye ndetse akagira umwihariko yise Afrorave.
Ku ruhande
rumwe, abashyigikiye impinduka bavuga ko Afrobeats idashobora kuguma uko iri,
kuko umuziki wose uhinduka uko ibihe bigenda bisimburana. Kuvanga injyana
bishobora gufasha abahanzi b’Abanyafurika kugera ku bantu benshi ku isi.
Ku rundi
ruhande, abafana bamwe bavuga ko impinduka zikabije zishobora gutuma Afrobeats
itakaza umwihariko wayo, cyane cyane iyo abahanzi batangiye gukora indirimbo
bagamije gusa gukundwa n’abumva umuziki wo hanze.
Ubutumwa bwa
Rema bushobora kugaragaza ko ashyigikiye ubwisanzure bw’umuhanzi.
Ku bwe,
umuhanzi ntiyagombye guhora abaza abafana ati: “Ni iki mushaka ko nkora?”
ahubwo rimwe na rimwe agomba kubanza guhanga ikintu gishya, akacyereka abafana,
ndetse akabafasha kukimenya.
Rema asanga
ibyo ari byo bishobora gutuma Afrobeats ikomeza gutera imbere aho kuguma ku
buryo bumwe.
Like This Post? Related Posts